Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Macky Sall ni muntu ki?
Perezida Macky Sall yatangaje ko ataziyamamariza manda ya gatatu kuko âari imigirire ikwiriyeâ nubwo bwose kubwe yari afite uburenganzira bwo kwiyamamariza iyo manda.
Nyuma yâimyaka 11 ku butegetsi bwa Senegal, Sall yari amaze amezi menshi abantu bategereje cyane ijambo rye, niba aziyamamaza cyangwa ataziyamamaza mu matora yo mu mwaka utaha.
Guhindura itegeko nshinga bigamije gutinda ku butegetsi ku mpamvu zinyuranye zitangwa nâababuriho byagiye biba mu bihugu bitandukanye muri Africa mu myaka ya vuba.
Macky Sall nta kabuza ko yatunguye bamwe afata umwanzuro wo kutongera kwiyamamaza, umwanzuro we washimishije benshi bavuze ko ari inzira ikwiriye kuri Senegal yugarijwe nâimyigaragambyo yâabarwanya ubutegetsi.
Macky Sall ni inde?
Uyu mugabo wâimyaka 61 yavukiye i Fatick - umujyi uri mu burengerazuba bwâigihugu â yanabereye umutegetsi hagati ya 2009 na 2012.
Yize siyanse i Dakar nâibijyanye na pĂ©trole na za moteri i Paris mu Bufaransa nyuma akora nkâinzobere muri gĂ©ologie na gĂ©ophysique mu gihugu cye.
Yashakanye na MariĂšme Faye, Perezida Sall afite abana batatu.
Kuva mu myaka ya 1980 yinjiye muri politike, ishyaka yahereyemo ntiyaritinzemo ahubwo yahise ajya muri Partie Démocratique Sénégalais, PDS, ryashinzwe na Abdoulaye Wade.
Wade yahise abona vuba vuba ubushobozi bwâuyu musore wari uje mu ishyaka rye.
Mu 2000 Macky Sall yagizwe umuyobozi mukuru wa kompanyi ya leta ya petrole (PETROSEN) nyuma yâimyaka myinshi ashinzwe ishami muri banki ari nâumujyanama wa Wade.
Mu 2001 yagizwe minisitiri wa mine, inganda nâingufu. Aho niho yatangiye kuzamuka vuba vuba.
Yabaye muri guverinoma ya Wade mu myanya itandukanye nkâumuvugizi wa leta, minisitiri wâubutegetsi, minisitiri wâintebe, nyuma nâumukuru wâInteko Ishinga Amategeko. Macky asa nâuwagiye ku myanya myinshi yo hejuru muri leta.
Gushwana na Wade
Yagizwe ministiri wâintebe mu 2004, amara kuri uwo mwanya imyaka itatu mbere yo kuyobora ibikorwa byo kwamamaza Perezida Wade akongera agatorwa mu 2007.
Nyuma gato muri uwo mwaka nawe yahise atorwa ku majwi 143 ku 146 kuba umukuru wâInteko Ishinga Amategeko.
Ariko mu buryo butunguranye ubucuti bwe na Perezida Abdoulaye Wade bwahinduye isura.
Yari yafashe icyemezo cyo gutumiza umuhungu we, Karim Wade, mu nteko ngo asobanure ruswa nâubujura byavugwaga mu kigo cya leta cyâibijyanye na Islam, idini ryiganje muri Senegal.
Ibi byamukururiye ibibazo mu ishyaka PDS, nyuma yâuko yanze kwegura ku mwanya we nka nimero ya kabiri muri PDS uwo mwanya wahise useswa, na manda yâumukuru wâInteko ivanwa ku myaka itanu igirwa umwaka umwe.
Mu Ugushyingo(11) 2008, Macky Sall yasohotse mu ishyaka PDS yegura no ku myanya yose yari afite mu butegetsi bwa Wade. Hashize ukwezi kumwe, afatanyije nâabandi bantu bacye bari kumwe muri PDS, yashinze ishyaka bise Alliance Pour la RĂ©publique, APR.
Nuko âurugendo rurerureâ aruhera iwabo mu cyaro i Fatick, ahatanira kuba perezida wa Senegal mu 2012. Uyu utari warigeze atekereza kuba perezida, nkâuko yabivuze, atangira kubihatanira.
Mu 2017 yatangarije ikoraniro i Dakar ati: âUbwo ninjiraga muri politike, ntabwo nari mfite intego yo kuzaba perezida wa Repubulika. Iyo ntego, nayigize ubwo banshoragaho intambara mu Nteko Ishinga Amategeko. Nâigihe nari minisitiri wâintebe, sinigeze mbitekereza.â
Umukandida wâihuriro âMacky 2012â yiyamamaje hose mu gihugu kandi atitandukanyije nâihuriro ryâabatavugarumwe nâubutegetsi ryitwaga M23.
Mu kiciro cyambere cyâamatora yabaye uwa kabiri nâamajwi 26% naho mukeba we Wade yagize 34%.
Hagati yâikiciro cya mbere nâicya kabiri, Macky yahuje abandi bakandida bose batsinzwe mu kiciro cya mbere maze atsinda ku kiciro cya kabiri nâamajwi 65% kuri 34% ya mukeba we.
Nuko Macky Sall agera hejuru ku butegetsi mu 2012.
Ikibazo cya manda ya gatatu
Ageze ku butegetsi, nka perezida wa kane wa Senegal yahise atangiza impinduka nyinshi mu butegetsi zirimo no gushinga urwego rwâigihugu rwo kurwanya ruswa, na Komisiyo ya leta yo kugaruza imitungo ya rubanda nâimitungo abantu babonye mu nzira mbi.
Mu 2016, itegeko nshinga ryo mu 2001 ryaravuguruwe nyuma yâuko byemejwe muri referendum nawe yari ashyigikiye. Itegeko rishya ryagaruye manda ya perezida ku myaka itanu riyivanye kuri irindwi.
Ubwo yamamazaga iri tegeko ngo ritorwe, Macky Sall yizeje ko uko kugabanya imyaka bizamuheraho. Ariko Inama yâigihugu irinda Itegeko Nshinga yatanze igitekerezo gitandukanye nâicye. Ko manda ye ya kabiri ariyo ntangiriro ya manda zâimyaka itanu, bityo ashobora kwiyamamaza bushya.
Icyo gitekerezo nicyo nâubu Macky Sall nâabamushyigikiye bashimangiraga bavuga ko yashoboraga kwiyamamariza manda ya gatatu kubera izo mpinduka.
Inshuro nyinshi ubwo yabazwaga nâabanyamakuru ibya manda ye ndetse niba aziyamamaza umwaka utaha, yavugaga ko Inama irinda Itegeko Nshinga âyemeje ko manda yanjye ya mbere itarebwa nâizi mpindukaâ, asobanura ko yemerewe kwiyamamaza nanone.
Macky Sall ashinjwa gutambamira mukeba we ukomeye Ousmane Sonko ko yakwiyamamaza mu 2024. Uyu aherutse gukatirwa gufungwa imyaka ibiri ahamijwe guha ruswa urubyiruko mu rubanza yaburanaga nâuwahoze amukorera âmassageâ.
Abatavugarumwe nâubutegetsi bavuga ko ari ibirego byacuzwe. Ariko kuri Macky Sall iki ni ikibazo cyâubucamanza kidafite aho gihuriye na politike.
Mu myaka yashize, Macky Sall yashinjwe gufungisha abacyeba be, Khalifa Sall wari umukuru wâumurwa mukuru Dakar nâumukuru wâimpuzamashyaka Taxawu Senegaal, hamwe na Karim Wade, ngo batiyamamaza mu matora yatsinze mu 2019, ibirego yahakanye.
Mu ijoro ryo kuwa mbere Macky Sall yafashe umwanzuro watunguye benshi wo gufata indi nzira yâubuzima bwe mu rugendo rwa politike, uko bigaragara, yiyemeza kurekura ubutegetsi.