Amerika ‘ntizigera ikira iki’ cyasha nyuma yo kurasa ikiraro – Iran

Ikiraro gishya cya B1 byari biteganyijwe ko gifungurwa ku mugaragaro muri uyu mwaka giherereye i Karaj mu burengerazuba bwa Tehran cyashenywe n'ibisasu bya Amerika hapfa n'abantu bari munsi yacyo.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana, Gisèle Berwa na Samba Cyuzuzo

  1. Indege y’intambara ya Amerika ‘yahanuwe’ mu kirere cya Iran

    Indege y'intambara ya Amerika iri mu kirere

    Ahavuye isanamu, USAF

    Indege y’intambara ya Amerika yarashwe irahanuka iri mu bitero mu kirere cya Iran, nk’uko umwe mu bategetsi muri Amerika yabibwiye ibiro ntaramakuru Reuters na New York Times.

    Ibinyamakuru bindi muri Amerika no muri Iran bivuga ko Amerika irimo gushakisha no gushaka uko bitabara abari bari muri iyo ndege.

    Ibiro ntaramakuru Tasmin muri Iran byavuze ko Amerika irimo gushakisha abapilote bayo nyuma y’uko indege irashwe mu kirere cya Iran.

    Nyinshi mu ndege z’intambara za Amerika abazitwaye bashobora gusimbuka bakazivamwo zikiraswa bakururukira mu mitaka bakaba barokoka.

    Tasmin ivuga ko kajugujugu n’izindi ndege z’intambara za Amerika hamwe na ‘drones’ zikora ubutasi birimo gufatanya gushakisha abapilote bari muri iyo ndege.

    Televiziyo ya leta ya Iran yavuze ko ibihembo biteganyijwe ku muntu wese wafata umupilote wa Amerika ari muzima.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Uganda yemeye ko yakiriye Abanyafurika birukanwe na Amerika

    Kugeza muri uku kwezi ubutegetsi bwa kabiri bwa Trump bumaze kwirukana muri iki gihugu abantu bagera ku 675,000 nk'uko bivugwa n'ikigo cya leta ya Washington cy'ibarurishamibare

    Ahavuye isanamu, US Army

    Insiguro y'isanamu, Kugeza muri uku kwezi ubutegetsi bwa kabiri bwa Trump bumaze kwirukana muri iki gihugu abantu bagera ku 675,000 nk'uko bivugwa n'ikigo cya leta ya Washington cy'ibarurishamibare

    Leta ya Kampala yemeje ko yakiriye abantu umunani (8) bageze muri icyo gihugu ku wa gatatu boherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’ubwumvikane bw’ibihugu byombi.

    Mu itangazo, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda yavuze ko abo bantu atari Abanyamerika kandi atari Abanya-Uganda gusa bose bakomoka muri Afurika.

    Ikigo cya Uganda Law Society cyanenze ibi kivuga ko bikorwa mu buryo burimo “iteshagaciro no kwambura ubumuntu” ababikorerwa.

    Uganda yiyongereye ku bindi bihugu bya Afurika byemeye kwakira abo Amerika yirukanye ku butaka bwayo birimo Eswatini, Ghana, Sudani y’Epfo n’u Rwanda.

    Ibihugu birimo Nigeria, Afurika y’epfo, na Burkina Faso byanze ubwo busabe bwa Washington bwo kwakira abo birukanye.

    Umwaka ushize u Rwanda rwemeye kwakira abantu 250 birukanwe na Amerika kandi ikiciro cya mbere cyabo cyahageze muri Kanama(8).

    Uganda - kimwe mu bihugu bicumbikiye impunzi nyinshi kurusha ibindi muri Afurika, kivuga ko aba bavuye muri Amerika nabo bazafatwa mu buryo bubahesha agaciro.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Kiliziya Gatolika z'i Dubai zahagaritse misa zivuga ko ari ku itegeko rya leta

    Ifoto yafatiwe inyuma y'umuntu uri mu Kiliziya apfukamye imbere y'ifoto ya Papa.

    Ahavuye isanamu, AFP via Getty images

    Insiguro y'isanamu, Ifoto yafashwe muri Mata (4) mu 2025 y’urusengero rwa St Francis of Assisi i Dubai

    Kiliziya Gatolika z'i Dubai muri Emira Zunze Ubumwe z'Abarabu (UAE) zivuga ko zahagaritse (zaburijemo) misa mbere y’impera y'iki cyumweru kibamo Pasika, ku mategeko ya leta.

    Kiliziya St Francis of Assisi Church y'i Dubai yagize iti: “Bijyanye n'amabwiriza y’Inzego za Leta z'Ubugenzuzi, misa zose zo muri Kiliziya yacu zirahagaritswe kugeza hatanzwe irindi tangazo.”

    Iyo Kiliziya yasabye abakirisitu kutajyayo “ku bw'umutekano n’imibereho myiza y’abaturage”.

    Andi makuru nk’ayo yatanzwe na Kiliziya ya St Mary's Catholic Church, yavuze ko na yo ihagaritse misa zayo nkuko yabitegetswe na leta, kandi ko misa yo kuri uyu wa gatanu mutagatifu inyuzwa ku rubuga rwa murandasi (internet) mu buryo bw'ako kanya irimo kuba.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Amerika ‘ntizigera ikira iki’ cyasha nyuma yo kurasa ikiraro – Iran

    Abategetsi ba Iran bavuze ko ubwo iki kiraro cyaraswaga munsi yacyo n’iruhande rw’umugezi hari abantu bariho bizihiza “umunsi w’ibidukikije” ko umunani muri bo bapfuye

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Abategetsi ba Iran bavuze ko ubwo iki kiraro cyaraswaga munsi yacyo n’iruhande rw’umugezi hari abantu bariho bizihiza “umunsi w’ibidukikije” ko umunani muri bo bapfuye

    Ubutegetsi bwa Iran bwanenze Washington ku gitero cyaturikije ikiraro cya B1 i Tehran buvuga ko Amerika “itazigera ikira” icyasha isigiwe no kwibasira ibikorwa-remezo bya rubanda.

    Perezida Donald Trump we yavuze ngo “ahubwo ntituratangira gusenya n’ibyari bisigaye muri Iran”, avuga ku bitero barimo byo kwibasira ibikorwa remezo by’iki gihugu.

    Ikiraro gishya cya B1 byari biteganyijwe ko gifungurwa ku mugaragaro muri uyu mwaka giherereye i Karaj mu burengerazuba bwa Tehran.

    Igitero cy’indege cyaciyemo kabiri iki kiraro cyahitanye n’abantu umunani gikomeretse abandi 95, nk’uko abategetsi ba Iran babivuga.

    Hagati aho Iran na yo yakomeje ibitaro ku bihugu bituranyi byayo mu ijoro ryo ku wa kane.

    Nyuma yo gusenya iki kiraro cyari kikiri gishya, Perezida Trump yavuze ko ahubwo bataratangira "gusenya n'ibikorwa remezo byari bisigaye" muri Iran

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Nyuma yo gusenya iki kiraro cyari kikiri gishya, Perezida Trump yavuze ko ahubwo bataratangira "gusenya n'ibikorwa remezo byari bisigaye" muri Iran

    Igitero kuri kompanyi ya leta ya Kuwait bivugwa ko cyangije byinshi, nubwo abategetsi bemeje ko nta bantu cyahitanye.

    Misile ya Iran ifite umutwe unyanyagiza ibisasu byinshi biturika yaciye ku bwirinzi bwa Israel ikubita hagati muri Israel yangiza ibintu byinshi nubwo ubutegetsi butavuze niba hari abahitanywe na yo.

    Radio y’igisirikare cya Israel yavuze ko ibisigazwa by’ikindi gisasu byangije ‘station’ ya gariyamoshi i Tel Aviv.

  5. Cuba igiye kurekura imfungwa zirenga 2,000, kubera igitutu cy'Amerika

    Mu kwezi gushize na bwo Cuba yafunguye zimwe mu mfungwa za politike nyuma y'ibiganiro na Washington

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Mu kwezi gushize na bwo Cuba yafunguye zimwe mu mfungwa za politike nyuma y'ibiganiro na Washington

    Leta ya Cuba yatangaje ko izarekura imfungwa 2,010 mu rwego rw’icyo yise “igikorwa cy’ubutabazi n’ubusugire bw’igihugu”, mu gihe ikomeje gushyirwaho igitutu cya politiki na Amerika.

    Abazarekurwa harimo abanyamahanga, urubyiruko, abagore ndetse n’abantu bafite imyaka irenga 60, nk’uko byatangajwe na ambasade ya Cuba muri Amerika.

    Iyo ambasade yavuze ko abo bantu barekurwa "mu rwego rw’ibirori by’idini by'icyumweru gitagatifu" bikaba ari umuco usanzwe muri gahunda y’ubutabera bwacu.

    Kuva agarutse ku butegetsi, Perezida Donald Trump yagaragaje ko ashaka guhindura ubutegetsi muri Cuba, kandi yategetse guhagarika kohereza igitoro muri icyo kirwa.

    Ibyo bintu byateje ibura ry'ibitoro ndetse n’ibura ry'amashanyarazi mu gihugu hose.

    Icyumweru gishize, ubwato bwa peteroli bw’isosiyete y’Abarusiya bwari butwaye peteroli mbisi ingana n'utugunguru 730,000 bwabaye ubwato bwa mbere butwaye peteroli mbisi bugeze ku cyambu cya Cuba kuva mu ntangiriro z'ukwezi kwa mbere.

    Nk’uko Human Rights Watch ibivuga, Cuba ifunze imfungwa za politiki amagana, kandi abanenga ubutegetsi bahura n’ihohoterwa no gukurikiranwa n’ubutabera.

    Izindi nkuru wasoma:

  6. ONU igiye gutora umwanzuro ku muhora wa Hormuz

    Abantu benshi bicaye mu nteko y'Akanama k'Umutekano ka ONU, bamwe bazamuye ibiganza. Ifoto yo ku itariki ya 17 Ugushyingo (11) mu 2025.

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Amatora mu Kanama k'Umutekano ka ONU (ifoto mbarankuru yo mu bubiko)

    Byemejwe ko amatora y’Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye (ONU) ku mwanzuro ujyanye n’umuhora wa Hormuz, umaze ibyumweru uganirwaho, aba kuri uyu wa gatanu, saa kumi n’imwe z’umugoroba (17:00) ku isaha yo mu Rwanda no mu Burundi.

    Bahrain, kuri ubu iyoboye ako kanama mu buryo bugenda busimburanwaho hagati y'ibihugu, ni yo yatanze icyifuzo cy’uwo mwanzuro, wemerera ibihugu binyamuryango “gukoresha uburyo bw’ubwirinzi bwose bwa ngombwa kandi buhuje [bujyanye] n’uko ibintu bimeze”, mu rwego rwo gutuma haba umutekano mu nzira yo kunyuramo yo mu muhora wa Hormuz mu gihe cy’amezi nibura atandatu.

    Mu ntangiriro, uwo mwanzuro wari ujyanye n’igice cya 7 cyo mu mategeko ngenga ya ONU – igice gitanga uruhushya rwo gukoresha ingufu za gisirikare – ariko ibyo byakuwemo kubera ko byanzwe n’Uburusiya n’Ubushinwa mu biganiro.

    Ariko imvugo yo muri uwo mwanzuro ishobora gukomeza kubuza amahwemo cyane Ubushinwa n’Uburusiya kuburyo byakoresha ububasha bwabyo bwo kuwutambamira – ibizwi nko gukoresha ‘veto’.

    Ibyo bihugu byombi byarifashe ku mbanzirizamishinga zabanje zamagana Irani ndetse zigakomoza kuri uwo muhora.

    Izindi nkuru wasoma:

  7. Ibidasanzwe: Itsinda rya Artemis II rizabona ubwirakabiri bw’izuba bari mu isanzure

    Victor, Christine, Jeremy na Wiseman bagiye kuzenguruka ikirere cy'Ukwezi aho bazagera ku wa mbere

    Ahavuye isanamu, NASA

    Insiguro y'isanamu, Victor, Christine, Jeremy na Wiseman bagiye kuzenguruka ikirere cy'Ukwezi aho bazagera ku wa mbere

    Mu bintu by'imbonekarimwe, itsinda ryagiye mu butumwa bwa Artemis ku wa mbere rizabasha kwibonera n'amaso ubwirakabiri bw’izuba bumara isaha imwe, ubwo ubutumwa bwabo buzaba burimo buzenguruka Ukwezi.

    Mu gitondo cyo ku wa Kane kare cyane, habaye ukwezi kwuzuye. Ubusanzwe iyo habaye uku kwezi kwuzuye ni bwo hashobora kubaho Ubwirakabiri bw’Ukwezi, icyo gihe Isi iba iri neza neza hagati y’Ukwezi n’Izuba, igicucu cyayo kikagwa ku buso bw’Ukwezi, bikatuma bwijima.

    Ariko uko bizaba bigaragara ku bari mu cyogajuru cya Orion ku wa mbere, Izuba ntirizaba rigaragara kuko rizaba ryihishe inyuma y'igice cy’Ukwezi bazaba barimo, nk’uko Artemis II yabitangaje mu makuru mashya ku rugendo uyu munsi.

    Ubwirakabiri bw'Izuba ni igihe Ukwezi guca neza neza hagati y'Isi n'Izuba bigatera umwijima mu gice kimwe cy'Ukwezi.

    Bagize bati: “Muri icyo gihe, abari muri iryo tsinda bazabona Ukwezi kugaragara nk’ukwijimye cyane – bikazaba ari amahirwe yo kureba imirasire cyangwa urumuri ruturuka ku bice by’ikirere (meteoroids) bikubita ku buso bw’Ukwezi, umukungugu uzamuka ku nkengero z’Ukwezi, ndetse n’ibindi bintu biri kure cyane mu isanzure, harimo n’imibumbe.”

    Itsinda kandi rizareba igice cyo hanze cyane cy’ikirere kizengurutse Izuba, kizwi nka corona y’izuba (solar corona).

    Abantu bake cyane ni bo bamaze kubona ubwirakabiri bw’izuba bari mu isanzure kuva ubutumwa bwa mbere bw’abantu mu isanzure bwatangira mu myaka ya za 1960.

    Ubwirakabiri bw'Izuba ni igihe Ukwezi guca neza neza hagati y'Isi n'Izuba

    Ahavuye isanamu, Illustration

    Insiguro y'isanamu, Ubwirakabiri bw'Izuba ni igihe Ukwezi guca neza neza hagati y'Isi n'Izuba

    Izindi nkuru wasoma:

  8. Trump yirukanye Pam Bondi wari minisitiri w’ubutabera

    Pam Bondi yabaye ushinzwe ubutabera bwa Amerika kuva muri Gashyantare(2) 2025

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Pam Bondi yabaye ushinzwe ubutabera bwa Amerika kuva muri Gashyantare(2) 2025

    Perezida Donald Trump wa Amerika yirukanye Pam Bondi wari minisitiri w’ubutabera akaba n’umuntu wamushyigikiraga kuva cyera kandi wavuganiraga cyane ubutegetsi bwa Trump.

    Mu butumwa bumukura mu mirimo yashyize ku rubuga rwe Truth Social, Trump yashimagije Bondi yongeraho ko “azerekeza” mu zindi nshingano mu rwego rw’abikorera.

    Igihe cy’umwaka umwe Pamela Jo Bondi ari minisitiri w’ubutabera cyaranzwe ahanini n’itangazwa ry’inyandiko kuri Jeffrey Epstein n’iperereza kuri uwo mugabo waguye muri gereza wari warahamwe n'ibyaha by’ihohotera n'ubucuruzi bishingiye ku mibonano mpuzabitsina.

    Bivugwa ko Trump yagiye arakazwa n’uburyo Bondi yitwaye, cyane cyane muri iki kibazo cy’inyandiko za Epstein minisiteri yari akuriye yasohoye.

    Nyuma yo kwirukanwa, Bondi yatangaje ubutumwa ku rubuga X ko umwaka umwe yamaze muri iyo minisiteri ari wo “mwaka wabaye ingenzi kurusha iyindi yose mu mateka ya minisiteri y’ubutabera”, ashimira Trump ku kizere yamugiriye.

    Bondi abaye uwa kabiri mu butegetsi bwa Trump uvanywe ku mwanya we mu byumweru bicye bishize, nyuma ya Kristi Noem wari minisitiri w’umutekano n’ubutegetsi bw’igihugu Trump yirukanwe mu kwezi gushize.

    Bondi azasimburwa n’uwari umwungirije Todd Blanche.

    Bondi azasimburwa n’uwari umwungirije Todd Blanche (uri ibumoso)

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Bondi azasimburwa n’uwari umwungirije Todd Blanche (uri ibumoso)

    Izindi nkuru wasoma:

  9. ‘Turi hafi y’intambara nini cyane’ – Guterres yasabye Amerika na Israel guhagarika intambara

    Antonio Guterres

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Antonio Guterres

    Umunyamabanga mukuru wa ONU yavugiye i New York asaba Amerika na Israel guhagarika intambara “irimo gutikiza abantu” no kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’isi.

    António Guterres yagize ati: “Turi hafi y’intambara nini cyane ishobora gufata uburasirazuba bwo hagati bwose igateza ingaruka zikomeye cyane ku isi hose”.

    Guterres yavuze ko abantu ku isi barimo kugorwa no kubasha kugura ibitoro ndetse n’ibiciro by’ibiribwa birimo kuzamuka, nk’ingaruka kugeza ubu.

    Ati: “Iyo Umuhora wa Hormuz unizwe, abakene n’abanyantege nke kurusha abandi ku isi ntibabasha guhumeka.”

    Yongeyeho ati: “Ubutumwa bwanjye burasobanutse, kuri Amerika na Israel, iki ni igihe cyo guhagarika intambara irimo gutera umubabaro ukomeye mu bantu ndetse imaze guteza ingaruka ziteye ubwoba ku bukungu”.

    “Kuri Iran, rekera aho gutera abaturanyi bawe”.

  10. Abanya-Kenya 16 baburiwe irengero mu Burusiya nyuma yo kwinjizwa mu ngabo

    Itsinda ry’abagore b’Abanya-Kenya—umwe yambaye ikote rinini ry’umuhondo, undi yambaye ikanzu itukura—bicaye mu muhanda mu myigaragambyo yabereye mu mujyi wa Nairobi, bafashe amafoto ya benewabo bambaye imyenda ya gisirikare igaragaza ko bari mu gisirikare cy’Uburusiya mu ntambara yo muri Ukraine. Hari n’ufashe icyapa cyanditseho ngo “Mudufashe dusubizwe umwana wacu.”

    Ahavuye isanamu, Anadolu via Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Benewabo b’abavuga ko bashutswe bakajya kurwanira Uburusiya bakomeje gusaba leta ya Kenya gutabara

    Abanya-Kenya 16 baburiwe irengero mu Burusiya nyuma yo kwinjira mu gisirikare cy’icyo gihugu, nkuko byatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Kenya, mu gihe abandi 47 bagarutse mu gihugu bavuye ku rugamba muri Ukraine.

    Abandi bantu 38 bari mu bitaro bitandukanye byo mu Burusiya, aho kugerwaho bigoye, nkuko Minisitiri Musalia Mudavadi yabibwiye inama ya komite yo muri sena ku wa gatatu.

    Yongeyeho ko umubare w’Abanya-Kenya baburiwe irengero wiyongereye uva ku 10 ugera kuri 16 mu masaha 24 yari amaze gushira. Nta makuru aramenyekana niba barapfuye cyangwa bakiri bazima.

    Minisitiri Mudavadi yanagereranyije ko Abanya-Kenya 165 bari mu bikorwa bya gisirikare ubu, bigatuma umubare wose w’abitabiriye intambara yo muri Ukraine urenga 250.

    Mudavadi yavuze ko uwo mubare ushobora kuba uri hejuru kurushaho. Yongeyeho ko Abanya-Kenya babiri bafashwe na Ukraine nk’imfungwa zo mu ntambara.

    Yavuze ko abinjiye mu gisirikare basinye amasezerano yo gukora nk’abashinzwe ibikoresho bya gisirikare cyangwa kurwana ku rugamba.

    Izindi nkuru wasoma:

  11. 'Jya uha ibintu uburemere bwabyo... jya uceceka ntukavuge buri munsi' – Macron anenga uko Trump yitwara ku ntambara yo muri Iran

    Perezida w'Ubufaransa Emmanuel Macron mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo yari muri Koreya y'Epfo

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Perezida w'Ubufaransa Emmanuel Macron mu kiganiro n'abanyamakuru

    Intambara yo muri Iran isaba uburyo “buha ibintu uburemere bwabyo” budahinduka buri munsi, nkuko Emmanuel Macron yabitangaje, asa n’aho avuga kuri Perezida w’Amerika Donald Trump, wavuze amagambo asa n’aho avuguruzanya ku bijyanye n’iyo ntambara.

    Perezida w’Ubufaransa yabwiye abanyamakuru ageze muri Koreya y’Epfo mu ruzinduko rwa leta ati: “Ibi si igitaramo. Turavuga ku ntambara n’amahoro ndetse n’ubuzima bw’abagabo n’abagore.”

    Macron yongeyeho ati: “Iyo ushaka guha ibintu uburemere bwabyo, ntuvuga buri munsi ibinyuranye n’ibyo wavuze ejo hashize.”

    Ati: “Kandi wenda ntukwiye kuvuga buri munsi. Ahubwo wagombye kureka ibintu bigatuza.”

    Macron yasubizaga ibibazo ku ntambara y'Amerika-Israel na Irani, ubu iri mu kwezi kwayo kwa kabiri. Ubufaransa n’ibindi bihugu by’i Burayi byashyigikiye bimwe mu bikorwa bya gisirikare (operations) by'Amerika muri ako karere, ariko kugeza ubu byirinze kwinjizwa mu ntambara.

    Trump n’ubutegetsi bwe batangaje ubutumwa butandukanye ku bijyanye n’iyo ntambara, rimwe bakumvikanisha ko agahenge kari hafi kuboneka, ubundi bakumvikanisha ko intambara yamaze gutsindwa cyangwa ko Amerika igiye gukomeza kurwana.

    Izindi nkuru wasoma:

  12. Minisitiri w'ingabo w'Amerika yasabye umugaba mukuru w'ingabo kwegura

    Umugaba mukuru w’ingabo z’Amerika Randy George yambaye impuzankano ya gisirikare yitabiriye igikorwa cyabereye muri White House, ibiro bya perezida w’Amerika.

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Minisitiri w’ingabo w’Amerika Pete Hegseth yasabye umugaba mukuru w’ingabo Jenerali (Gen) Randy George kwegura ku mwanya we, nkuko bitangazwa n’igitangazamakuru CBS News, gikorana na BBC muri Amerika.

    Sean Parnell, umuvugizi mukuru w’ibiro bikuru by’ingabo z’Amerika – byitwa Pentagon – yasohoye itangazo ku mbuga nkoranyambaga avuga ko Gen George “azegura ku mwanya we nk’Umugaba Mukuru w’Ingabo uhereye aka kanya”.

    Ubusanzwe umugaba mukuru w’ingabo amara imyaka ine ku mwanya we. Gen George, umusirikare wabigize umwuga wize mu ishuri rikuru rya gisirikare rya West Point Military Academy, yashyizwe kuri uwo mwanya mu 2023 n’uwari Perezida w'Amerika icyo gihe, Joe Biden.

    Iyi mpinduka nshya ibaye nyuma yuko Perezida w’Amerika Donald Trump avuze mu ijambo yagejeje ku gihugu ko intambara y’Amerika-Israel na Iran yitezwe kurangira “vuba aha cyane”.

    Gen George yarwanye nk’umusirikare mukuru mu ntambara ya mbere yo mu Kigobe cy’Abarabu ndetse no mu ntambara zo mu gihe cya vuba aha gishize zo muri Iraq na Afghanistan. Ntibyahise bisobanuka impamvu yasabwe kwegura.

    Izindi nkuru wasoma:

  13. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu muhanga mu buryo bw'aka kanya.

Trending Now