Kinshasa na AFC/M23 bageze kuki mu biganiro i Montreux mu Busuwisi?

Ahavuye isanamu, Getty Images
Ibiganiro bya mbere bibereye i Burayi hagati y’umutwe wa AFC/M23 na leta ya Kinshasa bigeze aho impande zombi zimaze kumvikana ku ngingo [protocoles] ebyiri, nk’uko umuvugizi w’uwo mutwe abivuga.
Oscar Balinda yabwiye BBC Gahuzamiryango ko muri ibi biganiro impande zombi zabanje gusuzuma ibyo zari zumvikanye mu biganiro biheruka by’umwaka ushize, ingingo ebyiri zo;
- Kurekura imfungwa
- Agahenge no guhagarika intambara
Izo ngingo zombi ntizirubahirizwa kuko nk’imirwano n’ibitero byarakomeje, buri ruhande rushinja urundi ko ari rwo rubitangiza.
Oscar Balinda yabwiye BBC ko iyo ngingo yo guhagarika imirwano yatinze kujya mu bikorwa kuko “hagombaga gushyirwaho itsinda ryo kugenzura ako gahenge [ariko] byafashe igihe kirekire cyane”.
Yavuze ko ubu bongeye kubaka iryo tsinda bushyashya risanzwe rizwi nka Expanded Joint Verification Mechanism (EJVM), yongeraho ko ubu rizaba “ririmo umubare ungana w’abantu ba leta n’aba AFC/M23”.
Uruhande rwa Kinshasa ntacyo ruratangaza ku biganiro birimo kubera mu Busuwisi.
BBC yamubajije icyatindije gushyiraho iryo tsinda ry’ubugenzuzi mbere, Balinda ati: “Ni ubushake bucye”, nubwo yemera ko habaye inama nyinshi zo kugerageza kurishyiraho.
Ibiganiro byamahoro hagati ya Kinshasa na M23 bishingiye ku ngingo [protocols] umunani. Balinda ati: “Tumaze kuganira no kumvikana kuri ebyiri”.
Ibi byumvikanisha ko hakiri inzira ndende ngo bagere ku kumviakna kwzuye, gusa Balinda ati: “Hajemo ubushake bw’impande zombi ibintu byakwihuta”.
Intambara nshya ya Kinshasa na M23 kuva mu mpera za 2021 imaze gutuma abantu batazwi neza umubare bicwa naho ababarirwa mu bihumbi amagana bava mu byabo barahunga.
Leta ya Kinshasa ishinja leta y’u Rwanda gufasha umutwe wa M23, Kigali nayo igashinja Kinshasa gukorana n’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.
















