Izi ni indege z'intambara Amerika imaze gutakariza muri Iran

Ahavuye isanamu, Reuters
Amerika imaze gutakaza indege nibura icyenda muri iyi ntambara kugeza ubu, nkuko birin mu matangazo n’amakuru ahabwa ibinyamakuru muri Amerika.
Tariki 05 Mata(4) CBS News yatangaje, ibikesha abategetsi, ko indege ebyiri z’ubwikorezi mu ntambara, zoherejwe mu butumwa bwo gufasha gutabara abari mu ndege ya F-15E yarashwe zananiwe kuva mu gace k’icyaro muri Iran
Yavuze ko izo ndege zaturikijwe mu kwirinda ko zigwa ‘mu maboko y’umwanzi’.
Amafoto yagenzuwe (harimo n’iri hejuru) yerekanye ibisigazwa by’indege yashwanyagujwe hagati muri Iran.
3 Mata,indege y’intambara yarasiwe hagati muri Iran. Ibice byayo nyuma byahujwe n’indege zo mu bwoko bwa US F-15E Strike Eagle nk’uko inzobere yabibwiye BBC Verify.
Kuri uwo munsi nyine, New York Times yatangaje, ibikesha abategetsi, ko indege ya A-10 Warthog yaguye igashwanyuka mu karere k’ikigobe. Umupilote wari uyirimo bivugwa ko yayisimbutsemo akanatabarwa.
Amashusho yagenzuwe tariki 29 Weurwe yerekanye indege ya E-3 Sentry, indege idasanzwe yifashishwa mu gutanga amakuru ku ngabo ziri ku rugamba, yacitsemo kabiri ku kigo cya Prince Sultan air base muri Saudi Arabia, nyuma yo kurasawaho na Iran
Ku wa 12 Werurwe,abantu batandatu bari mu ndege barapfuye ubwo US KC-135 iha izindi ndege z’intambara ibitoro ziri mu kirere yahanukaga muri Iraq, nk’uko byatangajwe n’igisirikare cya Amerika. Cyavuze ko icyabiteye kiri gukorwaho iperereza ihakana ko ari ingufu z’umwanzi zayihanuye
Naho ku wa 2 Werurwe, indege eshatu za F-15E zahanuriwe mu kirere cya Kuwait mu cyo ingabo za Amerika zise “ikiboneka nko kuraswa n’inshuti” by’impanuka. Abari barizimo bose barasizimbutse bararokoka bakoresheje imitaka y’abaparakomando, nk’uko igisirikare cya Amerika cyabivuze.
Izindi wasoma:







