Imyuzure ikaze yishe abantu 62 muri Kenya mu gihe imvura nyinshi ikomeje

Umugabo urimo kugenda kuri moto mu mazi y'ibiziba iruhande rw'imodoka yangiritse nyuma yuko ikumunzuwe n'imyuzure mu gace karimo igaraje rya Grogon, mu nkengero y'umugezi wa Nairobi, rwagati muri Nairobi, muri Kenya, ku itariki ya 7 Werurwe (3) mu 2026.

Ahavuye isanamu, EPA

Insiguro y'isanamu, Nairobi yashegeshwe n'imyuzure muri iki cyumweru
    • Umwanditsi, Joseph Winter
    • Umwanditsi, Richard Kagoe
    • Yakoze inkuru ari, Nairobi
  • Igihe co gusoma: iminota 2

Abategetsi bavuga ko abantu nibura 62 bapfuye muri Kenya muri iki cyumweru nyuma yuko imvura nyinshi iteje imyuzure ahantu henshi.

Umubare w'abapfuye watangajwe mbere, watangajwe mu cyumweru gishize, wari abantu 42.

Mu ijoro ryacyeye, abantu 11 batabawe nyuma yuko imodoka bari barimo ya bisi itwara abagenzi – zizwi muri Kenya ku izina rya matatu – iheze mu mazi yari yazamutse mu murwa mukuru Nairobi, nkuko bivugwa n'umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge, mu gihe abana babiri barokowe bakuwe mu nzu yari yibasiwe n'imyuzure.

Imvura nyinshi muri iki cyumweru yateje imyuzure imara igihe gito (izwi nka 'flash floods') yari imaze imyaka itaboneka. Amazi y'imigezi yarenze inkombe, ateza imyuzure mu ngo ndetse yangiza imihanda, n'imiyoboro y'amashanyarazi n'iy'amazi.

Imihanda imwe yafunzwe nyuma yuko amateme yangiritse i Nairobi, mu gihe amashuri amwe na yo yibasiwe n'imyuzure kubera imvura nyinshi yaguye ku wa gatandatu.

Ku cyumweru, minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu ya Kenya yaburiye ko ibice binyuranye by'igihugu bikomeje kugwamo imvura nyinshi, ibyo bikaba byongera ibyago byuko habaho imyuzure.

Abategetsi bashishikarije abaturage batuye ahantu hagufi kwimukira ahatekanye kurushaho ndetse abantu barenga 2,000 byabaye ngombwa ko bata ingo zabo bajya gushaka aho kwikinga.

Polisi ivuga ko ibikorwa byo gushakisha no gutabara bikomeje nyuma y'"imvura nyinshi n'imyuzure ikaze yakurikiyeho mu bice binyuranye by'igihugu".

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Abarenga kimwe cya kabiri cy'abapfuye – ni ukuvuga 33 mu bapfuye – bari ab'i Nairobi, aho uburyo bubi bwo gufata amazi n'imyanda bwabigizemo uruhare runini, hamwe n'ibangamirwa ry'imigezi riterwa n'ubwubatsi bukorwa mu kajagari.

Ku cyumweru, Perezida wa Kenya William Ruto yavuze ko abagizweho ingaruka n'iyo mvura nyinshi n'imyuzure barimo guhabwa ubufasha bwihuse bw'ibiribwa n'imiti.

Yanavuze ko abategetsi barimo kuzibura imiyoboro y'amazi n'iy'imyanda.

Imyuzure ntiyibasiye Kenya gusa.

Muri iki cyumweru, abantu barenga 100 bishwe n'imyuzure n'inkangu (ihirima ry'ubutaka) mu majyepfo ya Ethiopia ihana imbibi na Kenya.

Hari ibintu byinshi biteza imyuzure, ariko kurushaho gushyuha kw'ikirere guterwa n'ihindagurika ry'ikirere (ry'ibihe) gutuma birushaho gushoboka ko imvura nyinshi cyane igwa.

Isi yamaze gushyuha ku kigero kigera hafi kuri dogere Celsius 1.1 (hafi 1.1C) kuva igihe cy'inganda gitangiye, ndetse ubushyuhe buzakomeza kwiyongera keretse leta zinyuranye ku isi nizigabanya cyane imyuka ihumanya ikirere.