Uko Abanya-Irani bakiriye ijambo rya mbere ry'umutegetsi w'ikirenga mushya

Ifoto yakuwe muri videwo yo mu makuru yo kuri televiziyo ya Irani, igaragaza ifoto ya Mojtaba Khamenei ari iruhande rw'ibendera rya Irani. Igice cyo hasi cy'ifoto kirimo amagambo yo mu rurimi rw'Igi-Farsi yanditse mu mweru ku mutuku.

Ahavuye isanamu, EPA

Insiguro y'isanamu, Ubutumwa bwa mbere bwa Khamenei ku baturage ba Irani bwatanzwe n'umunyamakuru usoma amakuru kuri televiziyo y'igihugu
    • Umwanditsi, Ghoncheh Habibiazad
    • Igikorwa, Ishami rya BBC ry'Igi-perse
  • Igihe co gusoma: iminota 4

"Nta nubwo ntekereza ko bwari ubutumwa bwe." Uko ni ko Umunya-Irani-kazi uri mu kigero cy'imyaka 40 yabwiye BBC, nyuma yuko Umutegetsi w'Ikirenga mushya wa Irani, Mojtaba Khamenei, avuze ijambo rye rya mbere yagejeje ku baturage, ijambo ryari rikubiye mu itangazo ryasomwe kuri televiziyo y'igihugu.

Mu gihe kuva yatangazwa nk'umutegetsi w'ikirenga mushya ataraboneka mu ruhame, bamwe ubu barimo gushidikanya ku muntu urimo gutegeka iki gihugu.

Umugore umwe wo mu murwa mukuru Tehran yagize ati: "Ndumva ari nkaho ubugenzuzi bw'igihugu buri mu biganza bya IRGC [umutwe wihariye wo mu ngabo za Irani]."

Khamenei, binyuze ku munyamakuru usoma amakuru kuri televiziyo, yasezeranyije mu itangazo ryo ku wa kane ko Irani izakomeza gufunga umuhora wa Hormuz ntucemo ibicuruzwa bijya mu mahanga – ibyo bikaba biniga (bihagarika) ubucuruzi bungana na kimwe cya gatanu (1/5) cy'ibikomoka kuri peteroli bicuruzwa ku isi.

Yanavuze ko leta ye itazareka "guhorera amaraso" y'abaturage bishwe kuva intambara y'Amerika na Israel kuri Irani itangiye, avuga ko kwihorera kumaze gukorwa kugeza ubu ari "agace gato" gusa kw'ukwihorera kuzabaho. Yavuze ko yamenyeye kuri televiziyo y'igihugu ko yagizwe umutegetsi w'ikirenga.

Ariko Khamenei ntarabonwa we ubwe – cyangwa ngo agaragare muri videwo cyangwa ku ifoto – kuva yatangazwa nk'usimbuye se.

Minisitiri w'ingabo w'Amerika Pete Hegseth yavuze, nta gihamya atanze, ko Khamenei "yarakomeretse ndetse ashobora kuba yarangiritse ku isura" muri kimwe mu bitero bya mbere byo mu kirere kuri Tehran byishe Ayatollah Ali Khamenei hamwe n'umugore we n'undi muhungu we.

Kutaboneka kwe byakomojweho na bamwe mu baganiriye n'ishami rya BBC ritangaza amakuru mu rurimi rw'Igi-perse, nyuma yuko iryo jambo ritangajwe kuri televiziyo y'igihugu.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Umuturage umwe w'umugabo w'i Tehran, wo mu kigero cy'imyaka 30, yagize ati: "Byari bitangaje kuba [nibura] ataratanze n'ubutumwa bwo mu ijwi ndetse byatumye habaho kugira amakenga ku kuntu amerewe."

Yongeyeho ati: "Kuri jyewe ubu butumwa bwanteye amakenga kurusha kumpa umucyo na mucyeya ku kuntu amerewe."

Undi mugabo w'i Tehran, uri mu kigero cy'imyaka 20, yagize ati: "Na n'ubu sindamubona kugira ngo ngire icyo namuvugaho. Nkubwije ukuri, nta byinshi tumuziho."

Umugabo wa gatatu we yavuze ko atanemera ko ari "we [Mojtaba Khamenei] wanditse ubutumwa we ubwe".

Hagati aho, umugore uri mu kigero cy'imyaka 20, w'i Rasht, mu majyaruguru ya Irani, mu buryo bwo kuninura (kunnyega) yagize ati: "Mbega, bisusurutsa umutima cyane kuba atanagaragaye kuri televiziyo kugira ngo atange ubwo butumwa."

Biracyagoranye cyane kuvugana n'abantu bari muri Irani kubera ko leta yahagaritse umuyoboro wa internet, ariko bamwe bashobora kujya kuri uwo muyoboro by'igihe gito bakavugana n'abari hanze y'igihugu bakoresheje imiyoboro y'icyogajuru.

Benshi muri abo bakunze kuba ari abantu banenga ubutegetsi. Twahisemo kudatangaza amazina yabo ku bw'umutekano wabo.

Nubwo hariho kunenga ubutegetsi bwa kisilamu buriho kuva mu mwaka wa 1979 no kubera uburyo bwahashyije imyigaragambyo yo kubwamagana yitabiriwe n'imbaga y'abantu mu ntangiriro y'uyu mwaka, ubu butegetsi buracyafite n'ababushyigikiye cyane.

Ku wa gatanu, imbaga yateraniye rwagati i Tehran, mu myigaragambyo yo gushyigikira ubutegetsi yo kwizihiza umunsi uzwi nka 'Quds Day' – igikorwa ngaruka mwaka cyashyizweho n'ubu butegetsi bwa kisilamu cyo kugaragaza gushyigikira ibyo Abanye-Palestine baharanira no kurwanya Israel. Benshi mu bari bari mu mihanda y'i Tehran bari bafite amafoto ya Mojtaba Khamenei.

Kuva ubwo, ibitangazamakuru byo muri Irani byatangaje amafoto menshi na videwo nyinshi bigaragaza abategetsi bagaragaye bari kumwe na bo, barimo Perezida wa Irani Masoud Pezeshkian, Minisitiri w'ububanyi n'amahanga wa Irani Abbas Araghchi, umukuru w'ubucamanza bwa Irani Gholamhossein Mohseni Ejei, n'Umunyamabanga w'Akanama k'Ikirenga k'Umutekano ka Irani Ali Larijani.

Ubutumwa bwa Khamenei bwo ku wa kane bwanasabye Abanya-Irani kwitabira imyigaragambyo mu gufasha "guhangana n'umwanzi".

Ishami rya BBC ry'Igi-perse hamwe n'ishami rya BBC rigenzura ukuri kw'amakuru ryitwa BBC Verify, bagenzuye amashusho agaragaza igiturika mu murwa mukuru wa Irani hafi y'imbaga y'abantu. Mbere, ingabo za Israel zari zasohoye itangazo ziburira abantu ngo bimuke aho bari bari mu gace kegereye aho iyo myigaragambyo yari irimo kubera i Tehran.

Muri videwo imwe, Mohseni Ejei aboneka arimo kugirana ikiganiro na televiziyo ya leta ubwo igiturika cyaberaga hafi aho, nuko imbaga y'abantu yumvikana itera hejuru mu Cyarabu ngo "Allahu Akbar", bivuze ngo "Imana irakomeye cyane".

Abandi bavuganye na BBC bumvise ko ubutumwa bwa Khamenei busobanuye ko bicye cyane ari byo bishobora kuba byahinduka muri iyi ntambara, hafi buri kanya ibamo ibitero byo mu kirere.

Ku wa kabiri, Amir Saeid Iravani, Ambasaderi wa Irani mu Muryango w'Abibumbye (ONU/UN), yavuze ko ahantu ha gisivile habarirwa mu bihumbi hashenywe n'ibitero, harimo n'amashuri n'inzu zo kubamo. Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu w'Abanya-Irani ukorera muri Amerika (HRANA) uvuga ko abantu hafi 1,800 bishwe muri iyi ntambara, bibiri bya gatatu (2/3) muri bo bakaba ari abasivile.

Umugabo wo mu kigero cy'imyaka 30 w'i Tehran yagize ati: "Ubutumwa [bwe] bwari burimo guheza inguni cyane. Ntekereza ko bugaragaza ko nta kintu na kimwe gishobora guhindurwa kivuye imbere [mu gihugu]."

Umugabo wo mu kigero cy'imyaka 30, wo mu mujyi wa Karaj ugaragiye Tehran, yagize ati: "Ntekereza ko bwari ubutumwa bwagaragaje mu buryo bwinshi ko Repubulika ya Kisilamu, uko umutegetsi wayo yaba ameze kose, buri gihe izakomera ku myemerere yayo."

"Rero isi ikwiye kumenya ko idashobora guhangana n'ubu butegetsi."

Undi muntu utuye i Karaj yavuze mu buryo bweruye ati: "Nta n'icyo amaze cyane kurusha [ugereranyije na] se."

Amakuru y'inyongera kuri iyi nkuru yatawe na Tom McArthur