Lumumba Vea ‘yavuye muri politike’ nyuma y’uko rubanda bamaganye iyo nzira yari yafashe
Michel Kuka wamenyekanye cyane nka Lumumba Vea kubera uburyo akoresha mu gufana ikipe y’igihugu ya DR Congo yatangaje ko avuye muri politike nyuma y’iminsi micye yinjiye muri rimwe mu mashyaka yo mu gihugu cye.
Mu mpera z’icyumweru gishize ishyaka Autre Vision du Congo (AVC) rya Minisitiri w’imikino Didier Budimbu ryatangaje amashusho yerekana Lumumba Vea yambaye ibirango by’iri shyaka, rivuga ko yaryinjiyemo ku mugaragaro.
Abanyecongo bahise bamagana ibi ari benshi.
Ku mbuga nkoranyambaga, ku bibuga by’imikino n’ahahurira abantu hatandukanye, bamaganye icyo cyemezo bavuga ko Kuka amaze kuba ‘ikirango’ cyo gushyigikira ikipe y’igihugu bityo adakwiye gufata uruhande, nk’uko ibinyamakuru muri DR Congo bibivuga.
Mu kiganiro yahaye televiziyo France24, Michel Kuka yatangaje ko “ku bw’ubusabe bwa rubanda” avuye muri politike, kandi abikoze kuko ari “uburenganzira” bwe.
Minisitiri Budimbu na we yatangaje ko yifuza ko Kuka “agumana umwanya utabogamye kandi ntabe muri politike”.
Michel Kuka yamamaye cyane mu gikombe cya Afurika giheruka aho yashoboraga guhagarara iminota yose y’umukino azamuye akaboko mu ishusho y’intwari y’ubwigenge bwa DR Congo Patrice Emery Lumumba.
Nyuma y’iki gikombe cya Afurika yabaye icyamamare mu gihugu cye kandi leta yamuhembye ibihembo bitandukanye birimo n’imodoka.
Kuva kwe muri politike ku gitutu cya rubanda, ntabwo byasize amahoro Magloire Kasongo umunyamabanga w’ishyaka AVC kuko yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko yahise yegura kuri uwo mwanya we.
Izindi nkuru wasoma: