Bobi Wine mu buhungiro ati: 'Nteganya gusubira mu gihugu cyanjye'

Ahavuye isanamu, Reuters
Uyu mugabo utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Robert Ssentamu Kyagulanyi wamamaye nka Bobi Wine, yagiranye ikiganiro n'igitangazamakuru France 24, avuga ko ateganya gusubira mu gihugu cye akava mu buhungiro.
Bobi wine yagaragaye i Washington nyuma y’uko yari amaze amezi abiri yihishe muri Uganda.
Yagize ati: "Ndacyari mu kaga," yongeraho ko asabira ibihano mpuzamahanga Perezida wa Uganda Yoweri Museveni, umaze imyaka 40 ku butegetsi.
Ibi bihano kandi abisabira n’umuhungu wa perezida, Jenerali (Gen) Muhoozi Kainerugaba, abashinja guhonyora uburenganzira bwa muntu ndetse bakangiza demokarasi n'ubutegetsi bugendera ku mategeko muri Uganda.
Wine yatangiye guhunga nyuma y’amatora ya perezida yabaye mu kwezi kwa mbere mu 2026 yarangiye Museveni atsindiye manda ya karindwi itavugwaho rumwe.
Igitero cy'igisirikare cyagabwe ku rugo rwa Wine cyategetswe na Gen Kainerugaba, umuhungu wa Museveni akaba n'umukuru w'ingabo. Nyuma urugo rwe rwongeye guterwa, umugore we avuga ko yakubiswe.
Mu gihe cyashize, umukuru w'ingabo za Uganda Gen Kainerugaba yahakanye ibyavuzwe ko abasirikare bahohoteye Barbara Kyagulanyi, umugore wa Bobi Wine, igihe bateraga urugo rwabo.
Yanditse kuri X ati: "Abasirikare banjye ntibakubise Barbie [umugore wa Bobi Wine]."
''Mbere na mbere, ntidukubita abagore. Ntitwabataho igihe. Twe turimo gushaka umugabo we w'ikigwari, si we [umugore] turi gushaka."
Wine kuri France 24 yagize ati: "Kainerugaba yiyemereye ko yishe inshuti zanjye 24, kandi yavuze ku mugaragaro ko arimo kunshakisha kugira ngo nanjye mbe umurambo wa 25."
Kubera ibyo bibazo by'umutekano mucye, ibitero byagabwe ku rugo rwe ndetse n'ihohoterwa ryakorewe umugore we, Wine yavuze ko yafashe icyemezo cyo guhunga.
Aganira mu buryo bwa videwo bw'iyakure ari i Washington, Wine yanze uburyo ubwo ari bwo bwose bwo kugirana ibiganiro bigamije kumwemerera gusubira muri Uganda, agira ati: "Ntabwo ngiye kugirana ibiganiro byo kubona ubwisanzure bwanjye."
Akomeza ati: "Si ibyanjye gusa, ni ibyacu twese," uyu munyapolitiki yagaragaje ko urugamba rwe ari urw'igisekuru cyose cy'Abanya-Uganda.










