Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
DR Congo: Ubumwe bw'Uburayi butewe ubwoba n'ikoreshwa rya misile zihanura indege na drone zigezweho
Umuryango wâUbumwe bwâUburayi (EU/UE) watangaje ko utewe ubwoba nâikoreshwa ryâintwaro zigezweho zirimo za âdroneâ zâintambara na misile zifite ubushobozi bwo guhanura indege (ground to air missiles), mu ntambara uyu muryango wâibihugu ubona ko igenda irushaho kumera nabi.
Mu itangazo ryo kuwa mbere, EU ivuga ko imirwano ikaze irimo gutera kwiyongera kwâibibazo byâubuhunzi, kugirirwa nabi, ubugizi bwa nabi bishingiye ku gitsina nâibindi.
EU ntiyatangaje uruhande rukoresha ziriya ntwaro, ariko ONU iheruka kuvuga ko itewe impungenge no kuba M23 ifite misile zigezweho zirasirwa ku butaka zihanura indege, mu gihe ingabo za leta nazo zimaze igihe zikoresha drones muri iyi mirwano.
Kuwa mbere habaye imirwano mu bice bitandukanye bya teritwari za Masisi na Rutshuru mu ntara ya Kivu ya Ruguru, iyo mirwano yakurikiye inama yahuje abagaba bâingabo zâibihugu birimo gufasha igisirikare cya DR Congo kurwana nâumutwe wa M23.
EU yavuze ko kwisuganya mu bya gisirikare no gukoresha ziriya ntwaro ziteye imbere muri iyi ntambara ari âibintu biteye ubwoba mu guha indi ntera aya makimbirane no kumera nabi kwâibintu byâumwihariko hafi ya Sake na Gomaâ.
Imirwano ikomeje gutuma abantu ibihumbi bahunga bakava mu byabo berekeza mu mujyi wa Goma nâinkengero zawo, aho imibereho yâabari mu nkambi zâimpunzi yifashe nabi cyane nkâuko imiryango ifasha ibitangaza.
'Nta gisubizo cya gisirikare' â EU
Mu itangazo, EU yavuze ko ânta gisubizo cya gisirikareâ kizaboneka kuri iyi ntambara, ko ahubwo igisubizo gishoboka ari âicya politike gusaâ kandi kokigomba kugerwaho âmu biganiro bifunguye hagati ya DRC nâu Rwanda mu gukemura impamvu muzi zâiyi ntambaraâ.
Hashize imyaka hari imihate itandukanye yo gusoza iyi ntambara binyuze mu nzira y'ibiganiro ariko nta musaruro biratanga kugeza ubu.
EU ivuga ko inzira zisanzweho nkâiya Luanda na Nairobi âzigomba gushyirwa mu bikorwaâ mu gusoza iyi ntambara.
Perezida FĂ©lix Tshisekedi wa DR Congo ubu yemeye ko ashaka kuganira na mugenzi we wâu Rwanda kuri iyi ntambara, ntibizwi neza niba perezida wâu Rwanda Paul Kagame ubu yifuza kuganira na we nyuma yâamagambo akomeye mugenzi we yamuvuzeho mu mpera zâumwaka ushize.
Mu gihe ibihugu birimo Amerika, Ubufaransa, Kenya, na Angola, hamwe nâimiryango yâUbumwe bw'Afurika nâUbumwe bwâUburayi byagerageje guhuza impande zombi no gushaka umuti kuri iki kibazo, ubu biracyekwa ko na Qatar yaba igiye kongera kugerageza nyuma yâuko Tshisekedi yerekeje i Doha muri Qatar kuwa mbere.
Mu ntangiriro zâumwaka ushize, Qatar yateguye inama yagombaga guhuza Perezida Kagame na Perezida Tshisekedi nâintumwa zabo, ariko iyi nama ntiyaba. Radio Mpuzamahanga yâAbafaransa, RFI, yavuze ko yamenye amakuru ko uruhande rwa Tshisekedi rwanze kwitabira iyo nama.
Qatar isanzwe izwiho ubucuti bukomeye nâu Rwanda bushingiye ku ishoramari mu mishinga ikomeye iki gihugu cyakoze mu Rwanda, cyane mu byâindege.
EU irabuza Kigali na Kinshasa gukorana n'inyeshyamba
Umuryango wâUbumwe bwâUburayimu itangazo ryawo wamaganye gusatira kwa M23, gusa umutwe wa M23 ukunda kuvuga ko atari wo utera ahubwo uterwa maze ugakurikirana ibitero aho byaturutse ukahafata.
Inzobere za ONU nâibihugu bitandukanye bishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23 mu buryo butaziguye, ku rundi ruhande zigashinja na leta ya DR Congo gufatanya nâumutwe wa FDLR urwanya leta yâu Rwanda. Kinshasa na Kigali bihakana ibi birego.
Mu itangazo ryayo, UE iributsa leta zose inshingano yo guhagarika gufasha no gufatanya nâimitwe yose yitwaje intwaro.
EU igira iti: âByâumwihariko EU iramagana ubufasha u Rwanda ruha M23 no kuba ingabo zarwo ziri ku butaka bwa DRC. Irasaba bikomeye u Rwanda kuvana aka kanya ingabo zarwo muri DRC no guhagarika ubufasha bwose nâimikoranire na M23.
âIrasababikomeye DRC, nâabandi bo mu karere babirimo, guhagarika ubufasha bwose no gukorana nâumutwe wa FDLR, ufite imizi yawo muri jenoside yakorewe Abatutsi, hamwe nâindi mitwe yitwaje intwaro.â
EU kandi isubiramo ko yamagana ikoreshwa ryâamagambo yâurwango no kwanga igice cyâabantu runaka, na politike ishingiye ku moko.
M23 ivuga ko irwanira uburenganzira bwâAbatutsi bâAbanyecongo bagizwe impunzi nâabo ivuga ko bigirirwa nabi abandi bakicwa mu burasirazuba bwa Congo, ubu yazamuye ibyo iharanira kuva yakwihuza nâumunyapolitike Corneille Nangaa mu ihuriro Alliance Fleuve Congo ivuga ko igamije gukuraho ubutegetsi bwa FĂ©lix Tshisekedi.
Gusa mu 2023, umwanditsi n'umwarimu wa kaminuza w'Umunyamerika akaba n'inzobere kuri politiki ya DR Congo, Dr Jason Stearns, yabwiye BBC Gahuzamiryango ko by'umwihariko M23 yavutse kuko "indobanure [elites] muri politiki no mu gisirikare zari zimaze igihe zifite ubutegetsi mu burasirazuba bwa Congo zari zimaze kubutakaza".
EU ivuga ko igamije gufasha gukemura impamvu muzi zâumutekano mucye mu karere, zirimo âimiyoborere mibi na ruswa, inzego zitibonwamo na bose, ukudahana kwashinze imizi no gukoresha nabi ubutegetsi, hamwe no kumaranira kugenzura ubutaka nâindi mitungo kamere no kuyicuruza mu nzira zidakurikije amategekoâ.