Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Goma: âUbwoba n'impungenge ni byinshiâ baratinya ko M23 igiye 'kuniga' uyu mujyi
Bamwe mu batuye i Goma, umurwa mukuru wâintara ya Kivu ya Ruguru, baravuga ko bafite ubwoba ko inyeshyamba za M23 zaba ubu zigamije kuniga uyu mujyi ugasigara nta kintu kiwugeramo.
Ni nyuma yâuko ubu M23 ivuga ko igenzura aga-centre ka Shasha kari ku muhanda mukuru wa Goma â Sake â Minova â Bukavu.
Ubusanzwe, Goma - umujyi uri ku kiyaga cya Kivu, ibiribwa biwugeramo hejuru ya 90% biva muri teritwari ziyizengurutse za Rutshuru na Masisi, byinjiriye ku mihanda mikuru ine;
- Goma â Rutshuru â Butembo (ni nawo ujya/uva Bunagana ku mupaka)
- Goma â Sake â Masisi centre
- Goma â Sake â Kitchanga
- Goma â Sake â Shasha â Minova â Bukavu
Umutwe wa M23 uravuga ko ugenzura ibice bikikije Sake, ndetse Norbert Nangaa ukuriye ihuriro AFC rifite M23, yagaragaye ku mashusho avuga ko kuwa gatanu âingabo zanjye zafashe Shasha, kandi zizengurutse Sakeâ.
Imihanda itatu ya mbere ubu ica mu bice bigenzurwa na M23, si inzira zigishoboka ku bintu bijya cyangwa biva kuri Goma.
BBC yagerageje kuvugana nâuruhande rwâingabo za leta ntibyashoboka, kandi kugeza ubu ntacyo uru ruhande ruratangaza ku mirwano ikomeye imaze iminsi kandi yakomeje muri weekend ishize.
Bimwe mu bitangazamakuru byatangaje kuri uyu wa mbere ko ingabo za leta zaba zisubije centre ya Shasha, ibitaremezwa kugeza ubu nâuruhande rwa leta.
Gufunga inzira z'igenzi zinjira i Goma byaba bivuze iki?
Umutwe wa M23 uvuga ko ugamije âgufunga kugeza ibikoresho bya gisirikareâ ku ihuriro ryâingabo za leta nâimitwe bifatanyije âbivuye i Bukavuâ.
Intwaro n'ibikoresho bya gisirikare biremereye kenshi bigera ku mujyi wa Goma biciye mu nzira y'ubutaka cyangwa iy'indege.
Mu buzima bw'abaturage, inzira ya Goma â Sake â Shasha â Minova â Bukavu niyo yonyine yari isigaye yâubutaka icamo ibiribwa biva mu bahinzi bijya ku isoko rya Goma.
Emile Bolingo utuye mu gace ka Mugunga i Goma, yabwiye BBC ati: âImpungenge nâubwoba ni byinshi hano. Niba M23 ifunze iyi nzira ese twamara iminsi ingahe dutafite ibiryo? ko byose bituruka hariya.â
Bolingo avuga ko imirwano imaze iminsi yatumye i Mugunga haza abaturage benshi ba Sake no hafi yaho bahunga, kandi ko âibintu ubu byarazamutse ku isoko kubera imirwanoâ.
Ati: âIbishyimbo, ibirayi, imboga, isombe, ifu yâubugari, imbuto, amata, inyama nâibindi byinshi biva za Masisi, za Minova, za Kitchanga, ubu byaragabanutse kandi impunzi ni nyinshi, ibiciro byahise bizamuka, ibintu bimeze nabi cyane.â
Patrick Kalemba utuye mu mujyi wa Goma yabwiye BBC ko kuva bumvise amakuru ko M23 yaba yafashe umuhanda wa Sake â Minova âtwagize ubwoba bwinshi kuko niyo nzira yâibicuruzwa yari isigayeâ.
Inzira ebyiri zaba zisigaye ku mujyi wa Goma, ni inzira yinjira mu Rwanda, hamwe nâinzira yâikiyaga cya Kivu ikoresha amato, hamwe nâikibuga cyâindege cya Goma.
Kuva mu ntangiriro nshya zâiyi mirwano mumpera za 2021, M23 ntiyagaragaje ubushake bwo gufata umujyi wa Goma nyuma yo kugera mu duce turi hafi yayo mu majyaruguru nka Kibumba, ahubwo yakomeje igana mu burengerazuba ifata Kitchanga na Masisi, vuba aha uyu mutwe wagaragaje guhindukira ugaruka iburasirazuba hafi ya Sake.
Inzobere mu bya gisirikare zakurikiranye iyi mirwano, mbere zaburiye ko M23 yaba igamije gufata inzira zose zâubutaka zerekeza i Goma maze âikanigaâ uyu mujyi ntubashe kugeramo ibikoresho biremereye bya gisirikare, nâibiribwa kuri rubanda, maze âugafatwa nta mirwano ikomeyeâ nkâuko bamwe babivuze.
Nyuma yâinama yâabaminisitiri yateranye muri iyi weekend, minisitiri wâingabo wa DR Congo, Jean-Pierre Bemba, yatangaje ko inyeshyamba za M23 âzikomeje kongera abarwanyi nâibikoresho ngo zikomeze ibiteroâ, nkâuko asubirwamo na televiziyo yâigihugu.
Bemba yavuze ko izo nyeshyamba âzikubitana no kwiyemeza kutajegajega kwâingabo zacu ziyemeje kugarura amahoro nâumutekano no gusubizaho ubutegetsi bwa letaâ.
Imirwano ikomeye imaze iminsi muri teritwari ya Masisi no mu bice byegereye Sake â kuri 25km mu burengerazuba bwa Goma, yatumye abantu babarirwa mu bihumbi bahunga nkâuko ibinyamakuru muri ako gace bibitangaza.
Abategetsi ba DR Congo bashimangira ko M23 ifashwa nâingabo zâu Rwanda muri iyi mirwano, ibyemejwe kandi nâinzobere za ONU, ibyo Kigali ihakana.
Kigali nayo ivuga ko ingabo za leta ya Kinshasa zikorana nâumutwe wa FDLR urwanya leta yâu Rwanda nâingabo zâu Burundi, ibyemejwe nabyo nâinzobere za ONU, ibyo Kinshasa na Gitega nabo bahakana.