Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Imikino Olempike ya Paris: Kuki hadutse sakwe sakwe kuri uyu muhanzi ukunzwe mu Bufaransa
- Umwanditsi, Hugh Schofield
- Igikorwa, BBC News, Paris
Ashobora kuba ari we muhanzi wâUmufaransakazi ubu wumvwa cyane ku isi, ariko Abafaransa ubu baribaza niba Aya Nakamura ari we ukwiye kuririmba mu mikino Olempike ya Paris.
Igitekerezo bivugwa ko cyatanzwe na Perezida Emmanuel Macron, ko uyu muhanzi wâimyaka 28 ari we waririmba mu birori byo gutangiza iyo mikino muri Nyakanga (7) cyakuruye impaka zikomeye muri icyo gihugu.
Hari abanenga ururimi rwe, no kuba akomoka ahandi.
Ku ruhande rumwe hari abafana be, bavuga ko nta bundi buryo bwiza bwo kwerekana gukomera kâumuco ugezweho wâAbafaransa â umuco wubakiye ku runyurane rwâimico.
Ku rundi ruhande hari abatamushyigikiye, bavuga ko muzika ye ishingiye cyane kuri Africa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kurusha Ubufaransa â kandi uburyo akoresha Igifaransa bigitesha agaciro.
Izo mpaka, ku butumire kugeza ubu nyamara butaranemezwa - zakwiriye ku mbuga nkoranyambaga, nyuma yâuko izina rye rivugirijwe urusaku (boo) mu gikorwa cyo kwâiyamamaza cyâishyaka ReconquĂȘte.
Itsinda rito ryâabatsimbarara ku bya cyera ryitwa Les Natifs (ba kavukire) ryatangaje ifoto yaryo kuri internet iriho inyandiko ivuga ngo: âNtibishoboka Aya. Iyi ni Paris, ntabwo ari isoko ryâi Bamakoâ.
Ibi byatumye uyu muhanzi nawe ajya kuri Twitter/X arabasubiza, ati: âMushobora kuba mugira ivanguramoko ariko ntimuri ibipfamatwi. Icyo nicyo kibababaza. Ndi nimero ya mbere mu mpaka ubu, ariko se hari icyo mbagomba? Nta na kimwe.â
Ba minisitiri, abanyamuziki bagenzi be, nâabategura iyi mikino Olempike bose barimo kurengera Nakamura, bashinja abamurwanya ivanguramoko no gushingira gusa ko akomoka mu kindi gihugu.
Rachida Dati, minisitiri wâumuco mu Bufaransa yagize ati: âMwitondere inzitwazo zitangwa mu gukoresha ivanguramoko bibasira umuntu. Kwibasira umuhanzi kubera uwo ari we, ni ibintu bitakwihanganirwa, ni icyaha.â
Nakamura yavukiye i Bamako mu 1995 yitwa Aya Danioko, mu muryango wâaba griots â umuryango wâabanyamuziki gakondo nâabahanga mu kubara inkuru. Nyuma yâimyaka micye avutse umuryango we wimukiye mu gace gatuwe cyane nâabimukira ka Paris kitwa Aulnay-sous-Bois, aha niho yize.
Yahinduye izina rye afata irya Nakamura, filimi yâuruhererekane yitwa Heroes yakinnyemo, ndetse mu 2014 atangira urugendo rwe rwa muzika. Hamwe na âalbumsâ enye (4) ku izina rye nâindirimbo zitandukanye zakunzwe, ubu afatwa nkâumwe mu bahanzi bakomeye cyane muri muzika yâUbufaransa.
Igikomeye kurushaho, ni uko Nakamaru acuruza no hanze yâUbufaransa. Aho abahanzi benshi baririmba mu Gifaransa, bâingeri zitandukanye, ubu bisanze Nakamura yazanye muzika yâinjyana nâamagambo adasanzwe yakwiriye henshi ku isi.
Kuri Perezida Macron, iyi ni ingingo ikomeye ituma yatumirwa kuririmba mu gutangiza imikino Olemmpike.
Amakuru ataremezwa neza, avuga ko azaririmba indirimbo ya nyakwigendera Ădith Piaf mu kugarura no guha agaciro muzika ya cyera yâUbufaransa, mbere yo kuririmba ize zigezweho zâuruvange rwâindimi nâimico yâahandi.
Mu buryo butangaje ariko, Abafaransa benshi basa nâabatabishaka.
Ikusanyabitekerezo ryakozwe na Odoxa nyuma yâuko iyo nkuru isohotse, ryerekana ko nubwo Nakamura azwi cyane ku kigero cya 80% yâabasubije, 30% ari bo bamuvuga neza.
Abagera kuri 73% mu bazi muzika ye bavuga ko batayikunda, kandi 63% bavuga ko adakwiye kuririmba mu gufungura imikino Olempike.
Ijwi rikomeye rimunenga ryavuye kuri Marion MarĂ©chal-Le Pen wo mu ishyaka ReconquĂȘte, wavuze ngo: âUmukunde cyangwa umwange, ukuri ni â uyu muhanzi ntaririmba mu Gifaransa.â
Abajijwe mu kiganiro kuri televiziyo, madamu MarĂ©chal yavuze ko icyemezo cyo gutumira Nakamura, mu gihe cyafatwa, cyaba ari icya politike. Ati: âBahisemo nkana kwerekana urunyurane rwâimico mu BufaransaâŠ[Ariko Nakamura] ntahagarariye ururimi rwâIgifaransaâ.
Mu bimenyetso uyu mugore atanga asubiramo amagambo yo mu ndirimbo ya Nakamura ikunzwe cyane yitwa Djadja imaze kurebwa inshuro hafi miliyari imwe kuri YouTube ivuga ku musore ukwiza ibinyoma ku mibonano mpuzabitsina yâuyu muhanzi.
Igitero cyâiyi ndirimbo mu Gifaransa kigira kiti: "Y a pas moyen, Djadja. J'suis pas ta catin, Djadja, genre, en catchana baby, tu dead ça"
Ugenekereje bisobanuye: âNtibishoboka Djadja, ntabwo ndi â ubwoko â bwâindaya yawe. Akazi keza mukunzi [ariko] aha waracyishe!â
Si Igifaransa cyâumwimerere, ari yo mpamvu hari Abafaransa basa nâabemeranya na madamu MarĂ©chal Le-Pen ko Nakamura adakwiye guserukira umuco nâururimi rwâUbufaransa.
Gusa abatamwifuza bagomba guhangana nâuburyo yamamaye kandi akunzwe cyane mu Bufaransa, igipimo cyiza cyo kwisanga no kwiteza imbere mu kindi gihugu utavukamo.
Nakamura afite ijambo rikomeye mu rubyiruko rwinshi mu Bufaransa no hanze yabwo ku Isi mu bavuga Igifaransa nâabakunda muzika muri rusange.
Uburyo aririmbamo Igifaransa bishobora kuba ari uguhanga ibishya, kandi koko hari nâabatabikunda. Gusa uko bimeze kose ni Igifaransa, kandi byamugejeje ku kwamamara.