Kenya: Isuzuma ry'umurambo ryahishuye ko uwatangazaga amakuru ku mbuga yakubiswe kugeza apfuye

Uwigaragambya witeye ibendera rya Kenya afite icyapa kiriho ifoto ya Albert Ojwang iherekejwe n'amagambo yo mu Cyongereza agira ati: "Ubutabera kuri Albert buri hehe?"

Ahavuye isanamu, EPA

Insiguro y'isanamu, Albert Ojwang yapfuye ubwo yari afungiye muri kasho ya polisi i Nairobi
    • Umwanditsi, Wycliffe Muia
    • Igikorwa, BBC News, i Nairobi
  • Igihe co gusoma: iminota 4

Isuzuma ryakozwe ku murambo w'Umunya-Kenya watangazaga amakuru ku mbuga za interineti wapfiriye muri kasho ya polisi ryahishuye ko yakubiswe ku mutwe ndetse ko bishoboka ko urupfu rwe rwatewe no gukubitwa.

Ibi bivuguruza ibyo polisi yavuze ko Albert Ojwang "yagize ibikomere ku mutwe nyuma yo gukubita umutwe we ku rukuta rwa kasho".

Urupfu rwe rwateje umujinya mwinshi henshi muri Kenya. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yasabye ko polisi ibiryozwa.

Ojwang, wari ufite imyaka 31, yafunzwe nyuma y'ikirego cy'umukuru wungirije wa polisi ya Kenya, wamushinje kumusebya ku mbuga nkoranyambaga.

Dr Bernard Midia, muganga wa leta ku bitera indwara, yagize ati: "Icyateyeurupfu kirasobanutse neza cyane; igikomere ku mutwe, gupyinagazwa ijosi hamwe n'ibindi bikomere bikwirakwiriye umubiri wose bica amarenga yo gukubitwa."

Nta cyo polisi yari yatangaza kuri ibi byavuye mu isuzuma.

Ojwang, watangazaga amakuru ku mbuga nkoranyambaga za X na Facebook ku bibazo bigezweho muri politike no mu mibereho, yatawe muri yombi ku wa gatanu mu mujyi wa Homa Bay, mu burengerazuba bwa Kenya.

Yafunzwe kubera ubutumwa yatangaje ku rubuga X bivugwa ko bwanengaga umuyobozi mukuru wungirije wa polisi ya Kenya, Eliud Lagat.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Nuko yoherezwa mu murwa mukuru Nairobi, mu ntera ya kilometero zirenga 350 uvuye aho yafatiwe, ku wa gatandatu afungirwa muri stasiyo nkuru ya polisi y'i Nairobi.

Polisi yavuze ko nyuma yaje gusangwa muri kasho yataye ubwenge, afite ibikomere yiteye.

Ariko isuzuma ry'icyateye urupfu rwe, ryakozwe n'abaganga batanu b'abahanga mu gutahura ibitera indwara basohoye raporo bose bagahurira ku mwanzuro umwe, ryahishuye ko Ojwang yagize ibikomere bikomeye ku mutwe ndetse apyinagazwa ijosi ndetse agira ikibazo cyo kwangirika kw'uturemangingo twinshi tw'umubiri.

Dr Midia, wayoboye iryo tsinda ry'abahanga mu gutahura ibitera indwara, yavuze ko Ojwang atikubise ku rukuta, nkuko polisi yo yabivuze mu itangazo ryayo ryo ku cyumweru.

Yavuze ko iyo Ojwang aba yarabikoze, imiterere y'ibikomere bye yari kuba itandukanye, ndetse ko hari kugaragara kuva amaraso ku gice cy'imbere cy'ubwonko.

Mu kiganiro n'abanyamakuru ku wa kabiri, Dr Midia yagize ati: "Ariko kuva amaraso twabonye ku gice gitwikiriye umutwe ukuyemo mu maso... ku mubiri wo ku mutwe kwari kugiye guhanye intera, harimo no mu maso, ku mpande z'umutwe no ku gice cy'inyuma cy'umutwe."

Yongeyeho ati: "Hari hari n'ibikomere byinshi ku turemangingo ku mubiri wose, harimo no ku mutwe, ku ijosi, ibice byo hejuru by'umubiri n'igihimba [igituza n'inda] n'ibice byo hasi by'umubiri... ibi byari ibikomere byatewe n'ibintu byo hanze [by'inyuma]."

Abo baganga bakoze isuzuma ry'umurambo we bavuze ko ibyo bikomere bihuye no "gukubitwa inyuma" ndetse ko hari n'ibimenyetso byo guhangana (kurwana).

Meshack Ojwang, se wa Ojwang, yinginze Perezida wa Kenya William Ruto ngo amufashe kugira ngo umuhungu we abone ubutabera.

Meshack Ojwang yagize ati: "Mfasha nk'umuntu usora. Abapolisi bafashe umuhungu wanjye babonye ko urugo rwacu ruciriritse bibwira ko nta cyo tumaze."

Nta cyo Ruto yari yabitangazaho.

Ishyirahamwe ryo muri Kenya ry'abatangaza amakuru ku mbuga za interineti ryahaye icyubahiro Ojwang, rigira riti: "Albert yari arenze kuba umuntu utangaza amakuru ku mbuga – yari ijwi ry'urubyiruko, ikimenyetso cyo kwihangana, ndetse n'ishusho y'inzozi n'ibyiringiro by'abo muri iki gisekuru cy'abakoresha imbuga za interineti bagamije gutuma habaho impinduka. Umurage we ntuzacecekeshwa."

Faith Odhiambo, perezida w'ishyirahamwe ry'abanyamategeko bo muri Kenya (LSK), yavuze ko isuzuma ry'abaganga ku cyateye urupfu rwa Ojwang ryagaragaje ko "yakorewe iyicarubozo" ndetse ko "yishwe mu bugome" muri kasho ya polisi.

Odhiambo yagize ati: "Tuzakomeza kongera igitutu kugeza ubwo buri mupolisi wese wabigizemo uruhare azabiryozwa ku giti cye. Ntituzemera izindi nzitwazo."

Raila Odinga, umunyapolitike ukomeye muri Kenya, yamaganye urupfu "ruteye ubwoba" rwa Ojwang, avuga ko rwiyongereye ku rutonde rurerure rw'"urubyiruko rw'Abanya-Kenya rutagira kirengera rwambuwe ubuzima imburagihe, mu bintu by'ubugome n'ubusazi, bikozwe na polisi".

Mbere, umuyobozi mukuru wa polisi ya Kenya Douglas Kanja yahagaritse ku mirimo abapolisi benshi bari bari ku kazi ubwo Ojwang yapfaga.

Urwego rwigenga rugenzura imikorere ya polisi ya Kenya rwitwa IPOA (mu mpine cy'icyongereza), rwatangije iperereza ku rupfu rwe.

Ariko imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yasabye ko hagira ikindi gikorwa, ivuga ko urupfu rw'uwo watangazaga amakuru ku mbuga za interineti rushobora kuba ari igerageza ryo gucecekesha abatangaza amakuru kuri izo mbuga, binyuze mu kubatera ubwoba.

Imbaga y'impirimbanyi, zifite ibyapa ndetse zateraga hejuru ngo "mureke kutwica", zakoze imyigaragambyo ku wa mbere hanze y'uburuhukiro bw'imirambo bw'i Nairobi, aho umurambo wa Ojwang ubitse.