Ukraine na Russia byaguranye imfungwa nyinshi kuva iyi ntambara itangiye

Ahavuye isanamu, Reuters
Mu ijoro ryacyeye, Ukraine nâUburusiya byahererekanyije imfungwa mu buryo butari bwitezwe kandi bunini cyane kuva iyi ntambara yatangira.
Nubwo impande zombi zimeranye nabi ubu, abasirikare 215 ba Ukraine bari bafunzwe nâUburusiya barimo abari bakuriye batayo yo ku ruganda rwa Azovstal barekuwe.
Baguranywe abasirikare 55 bâUburusiya hamwe nâuwahoze ari depite wa Ukraine witwa Viktor Medvedchuk nabo bari bafunzwe na Ukraine.
Mu gihe cyâibyumweru, abasirikare bari ku ruganda rwâibyuma rwa Azovstal muri Mariupol bihagazeho kugeza bananiwe, abarokotse bafunzwe nâUburusiya bafatwa nkâintwari muri Ukraine.
Abanyamahanga barenga 10 bafatiwe ku rugamba nâingabo zâUburusiya muri Ukraine nabo barekuwe.
A bongereza batanu, umunya-Maroc umwe, umunya-Suede umwe, umunya-Croatia umwe, n'abanyamerika babiri bahise bajyanwa muri Saudi Arabia - igihugu cyafashije mu bwumvikane ngo barekurwe - mbere y'uko boherezwa mu bihugu byabo.
Igihe uku guhana imfungwa zâintambara cyabereye kiratangaje.
Byabaye nyuma yâamasaha Perezida Vladimir Putin atangaje ko bashaka abandi basirikare bashya bagera ku 300,000 ibyateye imyigaragambyo ikomeye mu gihugu.
Byabaye kandi mu gihe hateganyijwe amatora ya referandumu mu duce twa Ukraine twigaruriwe nâUburusiya ngo tube twajya ku Burusiya.

Ahavuye isanamu, Reuters
Viktor Medvedchuk ni inde?

Ahavuye isanamu, Reuters
Perezida Zelensky wa Ukraine yishimiye amakuru yâuku kugurana imfungwa zâintambara aho yagize ati:
âTwiteguye cyane kugurana Medvedchuk zimwe mu ntwari zacu za âregimentâ ya Azov. Ariko kuba tubashije kumugurana umubare ungana gutyo ni impamvu, mumbabarire, yo kuba igihugu cyanywa agacupa.â
Viktor Medvedchuk ni umukire wari ukuriye ishyaka ritavuga rumwe nâubutegetsi muri Ukraine kandi rishyigikiye Uburusiya rya âFor Lifeâ, umukobwa we yabyawe muri batisimu na Perezida Putin.
Yari afungiye mu rugo rwe mu murwa mukuru Kyiv â ariko aza gutoroka nyuma gato yâuko Uburusiya buteye Ukraine tariki 24 Gashyantare.
Yaje gufatwa muri Mata(4) ubwo inzego zâumutekano za Ukraine zavugaga ko zaburijemo umugambi wâUburusiya wo kumuvana mu gihugu.
Muri Ukraine yashinjwaga ibirego byâubugambanyi. Medvedchuk wâimyaka 67 ahakana ibyaha ashinjwa.

Ahavuye isanamu, Saudi Press Agency

Ahavuye isanamu, Saudi Press Agency










