Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
#7: Inkuru mwasomye cyane na video mwarebye cyane mu 2023
Umwaka wa 2023 uragana ku musozo, ni umwaka wabayemo byinshi mu makuru, kuva ku makimbirane akomeje mu burasirazuba bwa DR Congo, ibura ryâigitoro mu Burundi, umugabo wemeye ko yishe abagore benshi akabahamba iwe i Kigali, ibiza bivuye ku mvura byahitanye abantu benshi i Kalehe muri DR Congo nâi Rubavu mu Rwanda, kugera magambo ya Perezida Tshisekedi yâintambara ku RwandaâŠ
Buri munsi, mu minsi itatu isigaye ngo uyu mwaka wa 2023 urangire, turagenda tubagezaho inkuru mwasomye cyane, hamwe na video mwarebye cyane ku rubuga rwacu rwa Facebook.
Tugeze ku mwanya wa 7 tumanuka tugana kuwa mbere wâiyasomwe cyane na video yarebwe cyane (hasi mu nkuru).
Ari nako tubifuriza impera nziza zâumwaka, nâumwaka mushya muhire wa 2024.
Impinduka mu gisikare cy'u Rwanda: Hari ihuriro hagati y'ibiriho n'ibivugwa?
PerezidaPaul Kagame abwira abategetsi bashya ba gisirikare yashyizeho barahiye kuwa gatatu yagize ati:
"Ndagira ngo mbabwire ko nta gishya mu nshingano muhawe, igishya ni uko umuntu yavuye hamwe akajya ahandi cyanga se yavuye ku rwego rumwe akajya ku rundi, niyo mpamvu mvuga ko ari ibintu bisanzwe".
Gusa mu mboni za bamwe no mu mateka ya vuba, guhagarika minisitiri wâingabo nâumugaba wâingabo icya rimwe, ku munsi ukurikiyeho hakirukanwa abasirikare barenga 100 barimo abajenerali babiri, nâabandi barenga 100 amasezerano yabo agaseswa, si ibintu bisanzwe, cyangwa se si ibintu bibaho kenshi.
Izi mpinduka zatumye benshi bibaza icyaziteye, bamwe bavuga ko zifite aho zihuriye n'ibyo guhirika ubutegetsi, bakazihuza nâibivugwa mu karere.
Mu kiganiro na BBC Gahuzamiryango, umusesenguzi akaba n'inzobere muri siyansi ya politikiOmar Khalfan, uba muri Amerika, izi mpinduka azihuza nâibivugwa mu karere.
Ati: âNtabwo umuntu yavuga ngo arimo [amavugurura mu gisirikare] kuba gusaâŠPerezida Kagame arimo kubona ko hari ibintu bitarimo kugenda neza, cyane cyane ku bijyanye nâabasirikare ashobora kuba yaha amabwiriza runaka ntibayumve agahitamo kuvuga ati âreka mpindureââŠâ
Ibinyamakuru mu Rwanda byo bisubiramo umuvugizi wâingabo Brig Gen Ronald Rwivanga avuga ko abasirikare birukanywe bazize amakosa bakoze harimo nâagize ibyaha. Ndetse ko bamwe bashobora kugezwa mu nkiko.
Ni ibiki bivugwa mu karere?
Mu cyumweru gishize ibinyamakuru byo muriUganda byasubiyemo Lt Col Emmanuel Katabazi, umwe mu bakuru bâubutasi muri Uganda, ashishikariza inzego zâumutekano zaho kuba maso kuko hakurya muri DR Congo hashobora kwaduka intambara.
Katabazi yavuze ko iyo ntambara muri DR Congo ishobora gusiga ubutegetsi bumwe cyangwa bubiri bwâibihugu byo mu karere butembagaye. Ntiyatangaje ibyo bihugu.
Ikinyamakuru The Daily Monitor kimusubiramo agira ati: âUyu ubibabwira ni umukuru wungirije [wâikigo cyâubutasi cya Uganda]â.
Yavuze ibyo hashize umunsi umwe i Kinshasa muri DR Congo bafunze Salomon Kalonda, umujyanama wihariye wa MoĂŻse Katumbi, ubutasi bwa gisirikare muri iki cyumweru bwamushinje umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Kinshasa afatanyije nâinyeshyamba za M23.
Abatavuga rumwe nâubutegetsi muri DR Congo bavuga ko ibiregwa Kalonda ari ibishingiye gusa ku mpamvu za politike. M23 yo yavuze ko uwo leta ya Kinshasa âishaka kwikiza imushinja ibyo ari byo byoseâ.
Leta ya Kinshasa ivuga ko iya Kigali ishaka gukuraho ubutegesi i Kinshasa iciye mu mutwe wa M23. U Rwanda ruhakana gukorana na M23. Leta yâu Rwanda nayo ishinja iya Kinshasa gukorana na FDLR, umutwe urwanya ubutegetsi bwâu Rwanda ukorera mu burasirazuba bwa DRC.
Mu Ukuboza (12) 2022 Perezida FĂ©lix Tshisekedi yabwiye urubyiruko i Kinshasa ati: âAbanyarwanda ni abavandimwe bacuâŠbakeneye ko dushyira hamwe tukabakiza abayobozi babasubiza inyuma.â
Amagambo ye yafashwe na Kigali nko kugaragaza yeruye ko ashaka kuvanaho ubutegetsi buriho mu Rwanda.
Uko ibintu bimeze bisa nâibyarushijeho kumera nabi ubwo hasohokaga ifoto igaragaza Perezida Tshisekedi ari kumwe na EugĂšne-Richard Gasana wahoze ari Ambasaderi wâu Rwanda i New York akavanwaho kandi ubu ubutegetsi bwa Kigali bukaba butamureba neza.
Nta makuru yatanzwe nâubutegetsi bwa Kinshasa ku gihe nâimpamvu Tshisekedi yahuye na Ambasaderi Gasana.
Uko byifashe ubu nta gushidikanya ko ubutegetsi bwa Kigali na Kinshasa burebana nabi, kandi ibyo bishobora kuganisha ku mayeri yose ashoboka ya buri ruhande yo kwigizayo urundi.
Ibiriho n'ibivugwa
Mu gihe inyeshyamba za M23 zemeye kuva mu bice zafashe, nkâuko bivugwa nâingabo zâakarere zoherejweyo, ubu hakaba hari agahenge kamaze amezi, abasesenguzi bamwe bavuga ko ibintu bishobora kongera kumera nabi kuko ikibazo kitarabonerwa umuti. Leta yavuze ko itazaganira nâuyu mutwe kandi nawo wavuze ko utazashyira intwaro hasi ibyo bitabaye.
Umwe mu basirikare bakuru mu Rwanda utifuje gutangazwa amazina yabwiye BBC ko uko ibintu byifashe muri DR Congo âbiteye impungenge zikomeye ubuyobozi bwacuâ.
Abajijwe niba ziriya mpinduka mu bakuru bâigisirikare zifite aho zihuriye nâuko ibintu bimeze hamwe nâibivugwa byo guhirika ubutegetsi, yagize ati: âSinabyemeza neza gutyo, ariko nâuwabihakana ashobora kuba yigiza nkana.â
Yongeraho ati: âIbiriho, nâibivugwa nâabaturage, burya akenshi ntibiba bitandukanye cyane, kandi ubuyobozi bwose bukomeye bugira impungenge bugafata ingamba kare.â
Khalfan we ahuza ziriya mpinduka za gisirikare mu Rwanda nâibivugwa mu karere, nâibyavuzwe na Katabazi, avuga ko impinduka nkâizi umukuru wâigihugu azikora âakenshi na kenshi iyo harimo ibyo kwitegura intambara cyangwa se kubona ko hari ikibazo gishobora gutuma intambara iba hagati yâiguhugu nâikindiâŠâ
#7 - Video yarebwe cyane kuri Facebook yacu: Francine Niyonkuru afise ubumuga bwo kutabona yibaza impamvu abasore batabaresha
Francine warangije amashuri ya kaminuza afite ubu bumuga yagiranye na BBC ikiganiro giteye amatsiko kandi benshi bakunze. Iyo video wayireba kuri Facebook uciye hano