Minisitiri Rubio ati 'Dushobora kubona umurongo wo kurangiza'

Ahavuye isanamu, Reuters
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Marco Rubio avuga ko Amerika irimo guhanahana ubutumwa na Irani ndetse ko iherezo ry’intambara ryegereje.
Yabwiye umunyamakuru Sean Hannity wa televiziyo Fox News yo muri Amerika ati: “Hari ibiganiro birimo kuba.”
“Birashoboka ko mu gihe runaka habaho inama itaziguye. Buri gihe ibyo tuzaba tubyiteguye.”
Ariko yongeyeho ko Perezida w'Amerika Donald Trump atazemera ko “ibiganiro by’urwiyerurutso bikoreshwa nk’amayeri yo gutinza, yo kugira ngo igihe kindi kibe gishira”.
Nubwo Minisitiri Rubio avuga ko adashaka kuvuga igihe intambara izarangirira, muri icyo kiganiro yabwiye umunyamakuru Hannity ati: “Dushobora kubona umurongo wo kurangiza.”
Rubio yananenze umuryango wo gutabarana w’Uburayi n’Amerika (OTAN/NATO), avuga ko Amerika ishobora kongera gusuzuma niba uwo muryango “wakoreye iki gihugu [Amerika] neza mu gihe runaka ugikora iyo nshingano”.
Izindi nkuru wasoma:

