‘Mugomba guca ruswa’ – Papa abwira abategetsi ba Cameroun

Ahavuye isanamu, EPA
Umushumba mukuru wa kiliziya gatolika ku isi yasabye leta ya Cameroon kurandura ruswa no kumva mu by’ukuri rubanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri arimo muri iki gihugu.
Papa Leo XIV mu ijambo yavugiye ku murwa mukuru i Yaoundé ku wa gatatu imbere y’abategetsi bakuru b’iki gihugu, yagize ati:
“Kugira ngo amahoro aganze, urukurikirane rwa ruswa – ruha isura mbi ubutegetsi rukanabwambura kwizerwa – rugomba gucika”.
Papa yavugiraga imbere ya Perezida Paul Biya w’imyaka 93 mu mwaka ushize watsindiye manda ya munani mu matora abatavuga rumwe na we bamaganye bavuga ko yaranzwe n’ubujura bw’amajwi na ruswa.
Cameroun igowe n’ibibazo by’umutekano bimaze imyaka igera ku 10 mu burengerazuba bw’iki gihugu kandi Papa yabigarutseho.
Yagize ati: “Umutekano ni cyo cy’ibanze, ariko buri gihe ugomba gushyirwaho mu kubaha uburenganzira bwa muntu.”
Yongeyeho ati: “Gutegeka bisobanuye kumva mu by’ukuri abaturage, ugaha agaciro ubwenge n’ubushobozi bwabo mu gufasha kubaka ibisubizo birambye ku bibazo”.
Uyu munsi, Papa Leo yitezwe gusomera misa mu mujyi wa Bamenda mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Cameroun agace karimo intambara ya leta n’abashaka ukwigenga kw’ako gace imaze guhitana abantu bagera ku 6,000.
Kugira ngo Papa ajyeyo, inyeshyamba z’abaharanira ukwigenga kw’ako gace gakoresha Icyongereza zabanje kwemera ko Papa azahagera nta kibazo cy’umutekano agize.









