Pentagon: Ni iki kigaragaye mu kiganiro Minisitiri w’ingabo wa Amerika amaze guha abanyamakuru?

Pete Hegseth na Gen Dan Caine batanze amakuru macye cyane yafasha isi kumva aho iyi ntambara kuri Iran irimo kwerekeza. Gusa, hari ikintu kimwe cyagaragaye.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Gisèle Berwa, Didier Bikorimana na Samba Cyuzuzo

  1. Subanukirwa uko iyi ntambara kuri Iran yazamuye igiciro cy’ibitoro ku isi

    Umugore urimo gutanga ibitoro kuri 'station'

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Kuva iyi ntambara itangiye, igiciro cy’akagunguru k’ibitoro bitunganyije (Brent crude) ku isoko mpuzamahanga cyarazamutse kuva kuri 73$ kigera ku 117$ uyu munsi.

    Kuzamuka kw'ibiciro by'ibitoro akenshi bibonekera ku ipompe aho bagurira ibitoro, ari na byo isi irimo kubona ubu.

    Muri Amerika, igiciro rusange cy’ibitoro cyazamutseho hejuru y’idorari rimwe kuva intambara itangiye, ‘gallon’ imwe (3.7L) ya gasoline/lisansi ku isoko rya Amerika ubu igeze kuri 4.2$, ni ubwa mbere igeze aha mu myaka hafi ine ishize.

    Mu Bwongereza, igiciro cya lisansi cyazamutseho 14% mu gihe icya mazut cyazamutseho 27%.

    Uyu munsi Afurika y’Epfo yatangaje ko mu kwezi gutaha igiciro cya lisansi kizazamukaho 15%, na 40% kuri mazut, inagabanya imisoro ku bitoro byinjira mu gihugu mu guhangana no kuba igiciro cyazamuka kurushaho.

    Muri Kenya, 20% bya ‘stations’ zicuruza ibitoro bivugwa ko zirimo kugira ikibazo cyo kubona ibitoro ziha abazigana.

    Ethiopia yafashe ingamba zo kohereza abakozi bamwe mu biruhuko (congé) mu rwego rwo kugabanya ingendo no kwizigama ibitoro.

    Ibihugu nka Sri Lanka na Bangladesh byatangije uburyo bwo kugurisha ibitoro mu byiciro no gusaranganya. Mu cyumweru gishize Slovenia nayo yabaye igihugu cya mbere i Burayi cyakoze ibi.

    Ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari bikomeje kugerageza kuziba icyuho byiringira ububiko bifite mu kwirinda izamuka ry’ibiciro by’ibitoro, ryakwiyongera ku giciro cy’ibyangombwa mu buzima gisanzwe kiri hejuru.

    Gusa abasesenguzi bavuga ko ibi bihugu byo mu karere bishobora kudategereza ikindi gihe kirekire mu gihe ibintu byakomeza kumera nabi mu karere k’uburasirazuba bwo hagati.

    ‘Brent crude’ ni iki?

    Ubwato butwaye utugunguru tw'ibitoro

    Ahavuye isanamu, Social media

    Insiguro y'isanamu, Ubwato butwaye utugunguru tw'ibitoro

    ‘Brent Crude’ ni akagunguru kuzuye ibitoro bya mbere byo ku rwego rwiza bitunganywamo diesel cyangwa se mazut na gasoline cyangwa se lisansi.

    Ako kagunguru ni ko gafatwa mu kugena igiciro fatizo cy’ibitoro mu bihugu by’iburayi, Afurika, Aziya, n’uburasirazuba bwo hagati, ari byo bakubira hamwe bakita isoko mpuzamahanga.

    Mu kinyarwanda, bakunda kuyita akagunguru kuko kaba karimo litiro hafi 159 z’ibitoro, mu kigatandukanya n’ingunguru nini isanzwe.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Pentagon: Ni iki kigaragaye mu kiganiro Minisitiri w’ingabo wa Amerika amaze guha abanyamakuru?

    Pete Hegseth mu kiganiro n'abanyamakuru kuri uyu wa kabiri muri Pentagon

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Pete Hegseth mu kiganiro n'abanyamakuru kuri uyu wa kabiri muri Pentagon

    Isesengura rya Bernd Debusmann Jr uri kuri White House

    Ikiganiro Minisitiri w’ingabo wa Amerika Pete Hegseth n’umukuru w’ihuriro ry’abagaba b’ingabo Gen Dan Caine bamaze guha abanyamakuru muri Pentagon kiratanga amakuru macye cyane yafasha isi kumva aho iyi ntambara kuri Iran irimo kwerekeza.

    Gusa, hari ikintu kimwe cyagaragaye muri iki kiganiro: Ubutegetsi bwa Trump bwananiwe kwihanganira icyo bubona nko kwanga kwinjira mu ntambara kw’inshuti zayo, by’umwihariko mu gihe burimo kugerageza gufungurira amato umuhora wa Hormuz.

    Kare, Perezida Trump yanditse ku rubuga rwe Truth Social, abwira izo nshuti za Amerika “kugira ubutwari butinze” bakajya “gufata” uriya muhora.

    Mu kiganiro kigufi kuri telephone yagiranye na CBS News, ikorana na BBC muri Amerika, Trump yasobanuye ku byo yavuze, ko izo nshuti “zigomba kuza zigakora akazi kazo”.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru, Hegseth yashimangiye ibyavuzwe na shebuja, avuga ko Amerika ifite intego zayo ibona nk’intsinzi kandi ko umuhora wa Hormuz "ntabwo ari ikibazo cya Amerika".

    Hegseth nyuma yagaragaje ko iki kibazo gishobora kuzagira ingaruka zikomeye ku nshuti za Amerika bisanzwe bihuriye mu miryango yo gutabarana.

    Yagize ati: “Byinshi ubu byagiye ahabona”.

    Uko Washington ubu ibona inshuti bishobora kuzahindura ishusho ya dipolomasi yayo, no mu gihe iyi ntambara izaba yararangiye.

  3. DR Congo: Imirwano iravugwa ku mpembe zitandukanye muri Kivu y’Epfo n'iya Ruguru

    Abasirikare bafite imbunda muri DR Congo

    Ahavuye isanamu, AFP

    Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23 yatangaje ko uyu munsi ingabo za leta n’abafatanya nazo bagabye ibitero mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Epfo n'iya Kivu ya ruguru.

    Lawrence Kanyuka yavuze ko mu ntara ya Kivu y’Epfo mu gace ka Minembwe hagabwe ibitero byo mu kirere ku duce "dutuwe n'abaturage" twa Rugezi, Kalingi, Gakenke na Bidegu.

    Amashusho n'amakuru yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko hari abasivile bishwe n'ibi bitero bya 'drones' mu gace ka Bidegu. BBC yabajije bamwe mu bakuriye ako gace, ntibarasubiza kugeza ubu.

    Muri teritwari ya Kalehe muri iyo ntara, umwe mu bakuriye sosiyete sivile yaho yabwiye BBC mu butumwa bwanditse ko imirwano yaramutse hagati y’abarwanyi ba Wazalendo n’abarwanyi ba M23 kandi “yari igikomeje kugeza mu masaha ya saa tanu”.

    Uyu yabwiye BBC Gahuzamiryango ko "mu gitondo kare" imirwano yabaye ahitwa Katoke hagati ya Wazalendo n’abarwanyi ba M23.

    Ati: “Abaturage bamwe bahunze bava mu byabo berekeza i Bushugulu na Bundje, abandi berekeza i Numbi muri ‘groupment’ ya Buzi chefferie ya Buhavu”, muri teritwari ya Kalehe.

    M23 ivuga ko muri teritwari ya Lubero mu ntara ya Kivu ya Ruguru hagabwe ibitero mu duce twa Kabesebese na Mutondi.

    Ingabo za FARDC ntacyo ziratangaza ku bitero M23 ishinja ko zagabye kuri uyu wa kabiri.

    Ni ubwa mbere mu byumweru byinshi bishize havuzwe imirwano ku mpembe zitandukanye ku munsi umwe.

    Iyi mirwano ibaye nyuma y’uko ingabo za leta zitangaje ko zatangiye ibikorwa byo guhiga abarwanyi ba FDLR barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda mu kubahiriza amasezerano ya Washington.

    U Rwanda rushinjwa na Kinshasa, ONU n’ibihugu by’iburengerazuba nka Amerika gufasha umutwe wa M23, ibyo Kigali ihakana.

    Washington ivuga ko Kigali yemeye “guhagarika ibikorwa by’ingabo/gukuraho ingamba z'ubwirinzi mu bice by’ubutaka bwa Congo".

    Kuri ibi bitero byo kuwa kabiri, M23 ivuga ko yiyemeje “kurengera abasivile n’ibyabo”.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Kenya na Mozambique bagiranye amasezerano yo 'kurwanya iterabwoba'

    Perezida wa Mozambique Daniel Chapo (ibumoso) na Perezida wa Kenya William Ruto barimo batambuka ku ibaraza barebana, baganira. Bambaye amakositimu yijimye na karuvati.

    Ahavuye isanamu, Kenya Ministry of Interior / X

    Insiguro y'isanamu, Perezida Ruto (iburyo) avuga ko "niyiyambazwa, Kenya izakomeza gukora neza mu gushyigikira amahoro n'umutekano ku isi"

    Perezida wa Kenya William Ruto na Perezida wa Mozambique Daniel Chapo basinye amasezerano menshi arimo n’ay’umutekano “azakomeza cyane” ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, nkuko minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ya Kenya yabitangaje.

    Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa Kenya Kipchumba Murkomen yavuze ko ayo masezerano ari ayo mu nzego zo guhanahana amakuru y’ubutasi no kurwanya iterabwoba, serivise z’amagereza no guteza imbere urubyiruko.

    Itangazo rya minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu risubiramo amagambo ya Ruto agira ati: “Niyiyambazwa, Kenya izakomeza gukora neza mu gushyigikira amahoro n’umutekano ku isi.”

    Amasezerano ya Kenya na Mozambique yasinywe mu mpera y'icyumweru gishize mu ruzinduko Chapo yagiriye i Nairobi.

    Ayo masezerano yasinywe mu gihe amakuru avuga ko umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) uzahagarika gutera inkunga ingabo z’u Rwanda (RDF) muri Gicurasi (5) uyu mwaka, mu butumwa zirimo muri Mozambique kuva mu 2021 bwo kurwanya intagondwa ziyitirira idini rya Isilamu no kurinda imishinga inyuranye ya gaze ya kompanyi zirimo iz’Ubufaransa n’Amerika.

    Hari impungenge niba RDF – n'abafite aho bahuriye na yo – izashobora gukomeza bimwe mu bikorwa byayo, kubera inzitizi ziteganywa mu bihano yafatiwe na minisiteri y'imari y'Amerika.

    Abasesenguzi bamwe bavuga ko hari impugenge ku bushobozi bwa Mozambique bwo guhangana n'imitwe y'iterabwoba mu gihe ingabo z'u Rwanda zaba zivuye mu ntara ya Cabo Delgado.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Dore ibintu bine ugomba kumenya muri iki gitondo kuri iyi ntambara

    Umugabo ufashe ibendera rya Iran imbere y'inzu yarasweho n'ibitero bya Israel na Amerika i Tehran

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Umugabo ufashe ibendera rya Iran imbere y'inzu yarasweho n'ibitero bya Israel na Amerika i Tehran

    1. Intambara izarangira ryari?

    Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko intambara ya Amerika na Israel kuri Iran “yamaze kurenga hagati,” ariko nyuma asobanura ko yavugaga ku bikorwa (missions), atari ku gihe.

    Netanyahu yongeyeho ko iyo ntambara imaze kwica “ibihumbi” by’abagize umutwe w’Ingabo z’Impinduramatwara za Iran, kandi ko igihugu cye na Amerika “biri hafi kurangiza burundu inganda z’intwaro” na gahunda ya nikereyeri ubwayo.

    2. Ibitero birakomeje mu karere Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangaje ko hatangijwe undi murongo mushya w’ibitero kuri Tehran, nyuma y’amasaha make igisirikare kigaragaje ko hari misile zarashwe na Iran zerekeza muri Israel.

    Ibitero byanakomeje mu bice by’ikigobe cy’abarabu, harimo no muri Dubai aho abategetsi bavuga ko ubwato butwara igitoro bwafashwe n’inkongi y’umuriro nyuma y’igitero cya 'drone' ya Iran.

    3. Umuyoboro wa Hormuz (Strait of Hormuz) Komite y’Inteko Ishinga Amategeko muri Iran yemeje gahunda yo kwishyuza ubwato buca muri uwo muhora, nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru Fars bya Iran. Iyo gahunda ivuga ko amato ya Amerika na Israel, ndetse n’ibindi bihugu byubahirije ibihano kuri Iran, azabuzwa kunyura muri iyo nzira y'ingenzi ku bucuruzi bw'ibitoro ku isi.

    4. Trump arifuza kurangiza intambara Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Wall Street Journal, Donald Trump yabwiye abamufasha ko yiteguye guhagarika ibitero kuri Iran nubwo Umuhora wa Hormuz waba ugifunze. Abajijwe icyo abivugaho, ibiro bya Perezida wa Amerika byifashishije amagambo yavuzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio, wavuze ko Umuyoboro wa Hormuz “uzafungurwa mu buryo bumwe cyangwa ubundi"

  6. 'Mutwaye ibendera n'ishema ry’Abanyekongo' - Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Leopards igiye gukina na Reggae Boyz

    Perezida Tshisekedi n'umugore we Denise Nyakeru hamwe bari kumwe n'umwana muto barimo gushyigikira ikipe ya Les Leopards mu bihe bishize i Kinshasa

    Ahavuye isanamu, Presidence RDC

    Insiguro y'isanamu, Perezida Tshisekedi n'umugore we Denise Nyakeru hamwe bari kumwe n'umwana muto barimo gushyigikira ikipe ya Les Leopards mu bihe bishize i Kinshasa

    Mbere y'umukino ukomeye uri buhuze Léopards za RDC na Reggae Boyz ba Jamaïca kuri uyu wa kabiri, umukino kamarampaka mpuzamigabane ugamije gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, Perezida Félix Tshisekedi yageneye ubutumwa bw’icyizere n’inkunga ikipe y’igihugu cye.

    Ikipe ya DR Congo irifuza cyane gutsinda igasubira muri iri rushanwa iherukamo mu myaka irenga 50 ishize.

    Uwo mukino uraba mu ijoro ry'uyu munsi kuri Stade Akron mu mujyi wa Zapopan hafi ya Guadalajara muri Mexique.

    Mu butumwa bwatangajwe n'ibiro ntaramakuru bya Congo, Tshisekedi yabwiye iyi kipe ati: "Ejo[uyu munsi] ntimuzinjira gusa mu kibuga cy’umupira w’amaguru. Muzaba mutwaye ibendera rya Repubulika yacu, ishema ry’Abanyekongo barenga miliyoni 100, ndetse n’icyizere cy’abaturage bizera impano yanyu, ubutwari bwanyu n’ubwitange bwanyu"

    Tshisekedi yibukije abakinnyi ba Leopards ko uyu mukino ufite n’agaciro gakomeye ko gutera imbaraga ibihumbi by’Abanyekongo bahuye n’ibibazo by’intamabara mu burasirazuba bwa Congo.

    Ati: "...Hari abana babareba bakarota kuzaba nka mwe. Hari urubyiruko rwacu rushaka impamvu yo kwizera no kugira icyizere. Hari kandi n’abavandimwe bacu bahuye n’ingorane, cyane cyane abo mu burasirazuba bw’igihugu cyacu, bazabona mu bwitange bwanyu isoko y’ihumure, ishema n’ubumwe."

    Ku ruhande rwa DR Congo, itarasubira mu gikombe cy’Isi kuva mu 1974, umukino ubahuza na Jamaica ni ingenzi cyane kuko nibawutsinda iyi kipe izakina iyi mikino yaherukagamo mu myaka 52 ishize igihugu kikitwa Zaïre.

    Izindi nkuru wasoma:

  7. Espagne yafunze ikirere cyayo ku ndege z'Amerika ziri mu ntambara yo muri Iran

    Umunara wo kugenzuriramo indege wo ku kibuga cy’indege cyitwa Adolfo Suárez cy'i Madrid, muri Espagne. Ifoto yo ku itariki ya 11 Ukwakira (10) mu 2025.

    Ahavuye isanamu, Joan Valls/Urbanandsport/NurPhoto via Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Umunara wo kugenzuriramo indege wo ku kibuga cy'indege cyitwa Adolfo Suárez cy'i Madrid muri Espagne (ifoto yo mu 2025)

    Minisitiri w’ingabo wa Espagne Margarita Robles yavuze ko icyo gihugu cyafunze ikirere cyacyo ku ndege z’Amerika zirimo kugaba ibitero kuri Iran.

    Yagize ati: “Ntituzemera ikoreshwa rya Morón na Rota [ibigo bya gisirikare] ku bikorwa ibyo ari byo byose bijyanye n’intambara muri Irani.”

    Yongeyeho ko Espagne “ibi yabisobanuriye neza leta y’Amerika guhera mu ntangiriro”.

    Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Espagne José Manuel Albares yavuze ko intego y’iki cyemezo ari “ukudakora ikintu na kimwe gishobora gutuma ibintu bifata indi ntera muri iyi ntambara”.

    Umutegetsi wo mu biro bya perezida w’Amerika – byitwa White House – yabwiye BBC ko ingabo z’Amerika zirimo “kugera cyangwa kurenga ku ntego zazo zose zo muri ‘Operation Epic Fury’ [izina Amerika yahaye iyi ntambara kuri Iran, risobanuye ‘uburakari burenze’] ndetse ntizicyeneye ubufasha bwa Espagne cyangwa ubw’undi muntu uwo ari we wese”.

    Mbere, Perezida w’Amerika Donald Trump yakangishije gukomanyiriza Espagne burundu mu bucuruzi kubera kwamagana intambara yo muri Irani kwayo.

    Kuva intambara itangiye mu mpera ya Gashyantare (2) uyu mwaka, Minisitiri w’intebe wa Espagne Pedro Sánchez yakomeje kuba umwe mu bamagana cyane ibitero by’Amerika na Israel kuri Iran, avuga ko “nta cyo byitayeho” kandi ko “binyuranyije n’amategeko”.

    Izindi nkuru wasoma:

  8. "Nditeguye cyane" - Céline Dion yatangaje ko agiye kugaruka ku rubyiniro

    Céline Dion ni we muhanzi muri Canada wacuruje kurusha abandi bose mu bihe byose

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Céline Dion ni we muhanzi muri Canada wacuruje kurusha abandi bose mu bihe byose

    Nyuma y’imyaka ine arwaye indwara idakira yagize ingaruka ku ijwi rye ryo kuririmba no ku bushobozi bwo kugenda, Celine Dion yatangaje ko agarutse.

    Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo z’amarangamutima akomeye nka My Heart Will Go On na Because You Loved Me, azataramira abantu mu bitaramo 10 bizakurikirana muri Paris La Défense Arena ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 40,000, mu kwezi kwa Nzeri(9) n'Ukwakira (10) uyu mwaka.

    Yatangaje ko agiye kugaruka ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka 58.

    Mu butumwa yashyize kuri Instagram, Dion yavuze ko kugaruka kwe ari “impano nziza kurusha izindi mu buzima bwanjye”.

    Yabwiye abafana be ati: “Nditeguye cyane, ndumva meze neza, mfite imbaraga, ndishimye cyane, nubwo nanone mfitemo ubwoba buke ariko ndi no kwita ku buzima bwanjye.”

    Yongeyeho ati: “Ariko hari ikintu cy’ingenzi ngomba kubabwira: mu myaka ishize yose, buri munsi wahitaga numvaga amasengesho n’inkunga byanyu, ubugwaneza n’urukundo mwanyeretse. Ndabashimira mwese. Sinjye uzabona nongeye kubabona.”

    Dion yamamaye cyane kubera indirimbo ze nka The Power Of Love, Think Twice and Pour Que Tu m'aimes Encore

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Dion yamamaye cyane kubera indirimbo ze nka The Power Of Love, Think Twice and Pour Que Tu m'aimes Encore

    Mu 2022 Celine Dion bamusanzemo indwara idasanzwe yibasira ubwonko izwi nka Stiff Person Syndrome (SPS), indwara y’ubwonko ituma imikaya (muscles) igagara bya hato na hato.

    Mu 2024 yatangaje ko agarutse mu bitaramo kuko yumvaga ameze neza mbere y'uko iyo ndwara yongera kumushyira hasi akaremba.

    Celine yaherukaga ku rubyiniro muri leta ya New Jersey muri Amerika ku wa 8 Werurwe(3) mu 2020.

    Izindi nkuru wasoma:

  9. Donald Trump arifuza guhagarika intambara nubwo umuhora wa Hormuz waba ugifunze

    Donals Trump

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Ikinyamakuru The Wall Street Journal kiratangaza ko Donald Trump yabwiye abamufasha ko yifuza guhagarika ibitero kuri Iran, nubwo umuhora wa Hormuz waba ugifunze.

    Gisubiramo bamwe mu bagize ubutegetsi bwe, icyo kinyamakuru kivuga ko perezida wa Amerika hamwe n’abamufasha basanze gufungura iyo nzira y’ingenzi yo mu nyanja byatuma intambara irenga igihe yari yihaye cy’ibyumweru bine kugeza kuri bitandatu.

    Ahubwo, ko ubu arimo kureka uko bahagarika imirwano imaze kwangiriza cyane ingabo za Iran zirwanira mu mazi n’ububiko bwayo bw’ibisasu bya misile, maze akazakomeza gushyira igitutu kuri Iran mu buryo bwa dipolomasi kugira ngo ifungure iriya nzira y’ubucuruzi bwo mu nyanja.

    BBC ibajije ibiro bya White House kuvuga kuri ibi bayohereje ku byatangajwe n'ushinzwe ububanyi n'amahanga Marco Rubio kuri Al Jazeera.

    Aho, Rubio yavuze ko umuhora wa Hormuz "uzafungurwa mu buryo bumwe cyangwa ubundi".

    Izindi nkuru wasoma:

  10. Iran yemeje gahunda yo kwishyuza guca mu muhora wa Hormuz

    Umuhora wa Hormuz

    Komite y’Inteko Ishinga Amategeko ya Iran yameje imigambi yo kwishyiza amato aca mu muhora wa Hormuz, nk’uko bivugwa n’ibiro ntaramakuru Fars News bifitanye isano n’umutwe w’ingabo wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC).

    Bivuga ko umwe mu bagize inama y’igihugu y’umutekano yemeje iyemezwa ry’uwo mugambi, urimo kandi kwangira amato ya Amerika na Israel guca muri uwo muhora.

    Ibi biro ntaramakuru bivuga ko muri iyo migambi, ibindi bihugu byashyize mu bikorwa ibihano byafatiwe Iran na byo amato yabyo atazemererwa gutambuka.

    Ibiro ntaramakuru AFP bivuga ko gahunda yo kwishyuza guca mu muhora wa Hormuz yatangajwe kuri televiziyo y’igihugu, ko izashyirwa mu bikorwa ku bufatanye na Oman.

    Ibitoro bigera kuri 20% bigurishwa ku isi bica mu muhora wa Hormuz uri hagati ya Iran na Oman.

    Kuva iyi ntambara yatangira iyi nzira irafunze kugera kuri 95% nk’uko bivugwa n’ikigo cy’ubutasi mu byo mu nyanja Kpler.

    Pete Hegseth, minisitiri w’ingabo wa Amerika yatangaje ko “mu nzira imwe cyangwa iyindi” umuhora wa Hormuz ugomba gufungurwa.

    Hormuz

    Izindi nkuru wasoma:

  11. Netanyahu avuga ko atashyira 'ingengabihe' ku gihe intambara izarangirira mu gihe Iran ivuga ko yashenye indege y'Amerika

    Minisitiri w'intebe wa Israel Benjamin Netanyahu areba muri 'camera' ahagana ku ruhande.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Minisitiri w'intebe wa Israel Benjamin Netanyahu avuga ko intambara yamaze kurenga muri "kimwe cya kabiri"

    Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yabwiye igitangazamakuru Newsmax cyo muri Amerika ko adashaka “gushyira ingengabihe” ku gihe intambara y’Amerika-Israel na Irani ishobora kurangirira.

    Netanyahu avuga ko intambara “rwose yarenze muri kimwe cya kabiri” ndetse avuga ko Repubulika ya Kisilamu ya Irani amaherezo “izahirimira imbere”, nkuko ibiro ntaramakuru AFP bibitangaza.

    Hagati aho, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Irani Abbas Araghchi yabwiye Arabie Saoudite ko “igihe kirageze cyo gusohora ingabo z’Amerika”.

    Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Araghchi avuga ko Irani “yubaha” Arabie Saoudite ndetse ko iyifata nk'"igihugu cy’ikivandimwe".

    Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Irani Abbas Araghchi arimo kuvugira mu ndangururamajwi, yambaye indorerwamo.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Minisitiri w'ububanyi n'amahanga wa Irani Abbas Araghchi avuga ko ingabo zayo zashenye indege ya gisirikare y'Amerika

    Avuga ko ibikorwa bya gisirikare bya Irani bigambiriye “abashotoranyi b’abanzi batubaha Abarabu cyangwa Abanya-Irani”.

    Ayo magambo ya Araghchi yari aherekejwe n’ifoto uko bigaragara yerekana indege yasenyutse ifite ibirango by’igisirikare cy’Amerika kirwanira mu kirere. Yanditse ati: “Murebe gusa ibyo twakoreye ubuyobozi bwabo bwo mu kirere.”

    Ubuyobozi bukuru bw’ingabo z’Amerika nta cyo buratangaza ku mugaragaro ku byabaye. BBC yari yabusabye kugira icyo bubivugaho.

    Izindi nkuru wasoma:

  12. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu muhanga mu buryo bw'aka kanya.

Trending Now