Rwanda: Abandi bantu 3 bakekwako iterabwoba barashwe

Mu Rwanda abandi bantu 3 bishwe barashwe nâigipolisi bakekwaho ibikorwa byâiterabwoba.
Ibyo byabereye mu murenge wa Bugarama mu Burengerazuba bwâicyo gihugu.
Mu minsi 2 gusa hamaze kwicwa abantu 4 bakekwaho gukorana nâimitwe yâiterabwoba mu gihe abandi 23 bose bâabaIslam bari murukiko bakurikiranyweho ibyo bikorwa.
Umukuru wâigipolisi mu karere ka Rusizi, Sano Nkeramugaba yemereye bimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda ko igipolisi cyarashe abantu 3 muribo 6 bari mu bikorwa byo kwigisha amahame ya Islam mu gace ka Bugarama.
Yavuze ko muri bo harimo abagabo 5 nâumukobwa 1.
Yagize ati:âbarimo bigisha amahame yâidini ya Islam abapolisi bashatse kubafata bamwe bashaka kwiruka, barabarasa. Batatu bahise bapfa, umwe arakomereka abandi babiri barafatwa."
Yavuze kandi ko bose bemera ko bari mu mutwe wa Al Shaabab wâintagondwa zâaba Islamu zirwana mu gihugu cya Somalia.
Ku munsi wâejo igipolisi cyari cyatangaje undi witwa Channy Mbonigaba, wishwe arasiwe mu gace ka Nyarutarama mu mujyi wa Kigali, ubwo yageragezaga guhangana nâigipolisi, agakomeretsa umupolisi umwe.
Ikibazo cya bamwe mu ba Islamu baba bakorana nâimitwe yâiterabwoba mu Rwanda cyatangiye kuvugwa mu kwezi kwa mbere uyu mwaka, ubwo uwitwa Muhammed Mugemangango yaraswaga nâigipolisi cyemeza ko yashakaga gutoroka aho yari afungiwe akurikiranyweho gukorana nâumutwe wa Islamic State urwana mu gihugu cya Syria.
Nyuma yiraswa rye abandi bantu 23 bose ba aba Islamu batawe muri yombi bakurikiranyweho gukorana nâuwo mutwe.
Bamwe bavuga ko ari ibyaha bahimbiwe nâaba Islamu bakomeye mu idini ngo batavuga rumwe mu miyoborere yâidini ya Islamu mu Rwanda.







