Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Ese intambara muri Iran yaba ituma Kim Jong Un agira ubwoba ku hazaza ha Korea ya Ruguru?
Kim Jong Un ubu ashobora kuba afite ibitekerezo binyuranye kandi adafitiye igisubizo nyuma y'uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel ziteye zitunguye Iran.
Korea ya Ruguru yahise yamagana ibyo bitero, ivuga ko ari "igikorwa cy'ubugizi bwa nabi kidakwiye."
Iran na Korea ya Ruguru byaranzwe n' "ubufatanye bw'amaraso mu kurwanya Amerika" kuva muri 1979 ndetse nyuma binagira ubufatanye mu gukora za misile.
Iran ni cyo gihugu cya mbere cyohereza intwaro muri Korea ya Ruguru, nk'uko byatangajwe n'uwahoze ari umudipolomate wa Korea ya Ruguru waganiriye na BBC wasabye ko izina rye ritatangazwa.
Ariko, abasesenguzi bavuga ko hari ibintu bibiri bituma Koreya ya Ruguru igira inyungu kurusha Iran:
Itandukaniro rya Kim na se
Mu ntambara muri Iraq yo mu 2003, uwahoze ari umuyobozi Kim Jong Il yaburiwe irengero mu gihe cy'iminsi 50.
Ikigo cy'ubutasi cya Korea y'Epfo cyatangaje ko icyo gihe yamaze igihe kinini yihishe mu buvumo mu gace ka Samjiyon, nko mu birometero 600 uvuye mu murwa mukuru Pyongyang.
Ariko, mu birimo kuba ubu umuhungu we Kim Jong Un ntabwo yihishe rubanda, ndetse na nyuma y'uko Umuyobozi w'Ikirenga wa Iran Ali Khamenei yishwe.
Jang Young-seok, wahoze ari umukuru w'itsinda rishinzwe isesengura rya Korea ya Ruguru mu ishami ry'ubutasi rya Koreya y'Epfo, yizera ko iri tandukaniro hagati ya Kim Jong Un na se rigaragaza kwiyongera k'ubushobozi bwa Korea ya Ruguru mu mbaraga zayo za gisirikare.
"Ingufu za kirimbuzi hafi ya zose"
Mu by'ukuri Korea ya Ruguru koko ni igihugu gifite intwaro za kirimbuzi ndetse na Perezida Donald Trump mu 2025 yavuze ko kizahinduka "igihugu gifite intwaro kirimbuzi" nyinshi.
Raporo yo mu 2025 y'ikigo mpuzamahanga cy'Ubushakashatsi ku mahoro yavuze ko Korea ya Ruguru ifite ibisasu bya nikliyeri bigera kuri 50 n'ibikoresho bihagije kugira ngo ikore ibindi 40.
Muri Nyakanga(7) 2024, Korea y'Epfo yaburiye ko Korea ya Ruguru iri mu "ntambwe za nyuma" zo gukora izi ntwaro kirimbuzi ikaba inafite ubushobozi buhagije.
Umwaka ushize, Perezida wa Korea y'Epfo, Lee Jae-Myung, yavuze ko Korea ya Ruguru iri hafi gukora intwaro kirimbuzi ishobora kuraswa ikagera muri Amerika.
Ikigo mpuzamahanga gishinzwe ingufu za 'Atomike' (IAEA) cyavuze ko Iran ifite "porogaramu ikomeye ya nileyeri ," ariko nta kimenyetso na kimwe cyagaragaye cya "porogaramu ihamye yo gukora intwaro kirimbuzi."
Nyuma y'amasezerano ya nikleyeri yo mu 2015, Iran yemeye andi mabwiriza ku bijyanye no gutunganya uranium, ibi bikaba byarafashije kugabanya umuvuduko wa gahunda ya nikleyeri ya Iran, nk'uko bivugwa n'impuguke Jang Ji-hyang.
Hagati aho, Korea ya Ruguru yakoze imyitozo yayo ya mbere ya nikleyeri mu 2006, inirukana muri icyo gihugu abagenzuzi bose ba IAEA nyuma y'imyaka itatu bariyo.
Kuva icyo gihe, imaze gukora indi myitozo itanu.
Korea ya Ruguru yashakaga kuvugana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bituma abategetsi b'ibihugu byombi bagirana inama ebyiri z'amateka mu 2018 na 2019.
Kim Jong Un yashakaga ko ibihano mpuzamahanga igihugu cye cyafatiwe bikurwaho, anatanga igitekerezo cyo gusenya inyubako za nikleyeri za Yongbyon.
Ariko Donald Trump yashakaga byinshi, maze ibiganiro birahagarara.
Ubu, Koreya ya Ruguru isa nkaho irimo kwigirira icyizere gikomye mu bya gisirikare, kuko intambara yo muri Ukraine yatumye ishobora kwiyegereza Uburusiya, bwayihaye ubufatanye bukenewe cyane mu bukungu no mu bya gisirikare, nk'uko Jenny Town, ukuriye gahunda ya Korea muri Stimson Center, abivuga.
Ariko, Donald Trump na Kim Jong Un basa n'aho bafitanye umubano mwiza, aho perezida wa Amerika yashimiye mugenzi we wa Korea ya Ruguru umwaka ushize.
Kim yemera "amahirwe adasanzwe yo guhangana na Trump," ariko ntabwo azagira uruhare mu "biganiro byo kubyutsa umubano," nk'uko Town ibivuga.
Ariko, Korea ya Ruguru ntiyigeze yibasira Trump mu buryo butaziguye ubwo yamaganye intambara yayo na Israel kuri Iran.
Mu nama y'ishyaka mu kwezi gushize, yavuze ko izakomeza kugirana umubano mwiza na Amerika niba yubahiriza amahame yayo, bivuze ko amarembo y'ibiganiro agifunguye.
Ubushinwa, Uburusiya n'inyungu kuri Korea ya Ruguru
Kuba ihana imbibi n'Ubushinwa, Korea ya Ruguru ibona ko ari uburyo bukomeye kandi buyorohera mu kurwanya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n'ibihugu biyishyigikiye nka Korea y'Epfo.
Ariko ku rundi ruhande ubutegetsi bwa Korea ya Ruguru buramutse busenyuka, Ubushinwa bushobora kwakira impunzi nyinshi.
Kubera iyo mpamvu rero, umubano hagati y'ibihugu bibiri bya gikomunisiti wavuzwe mu mateka ko "umeze nk'umunwa n'amenyo". Kuva mu 1961, Ubushinwa bwiyemeje kurinda Korea ya Ruguru mu gihe iramutse itewe.
Ibyo ntibivuze ko Ubushinwa buhora bubona Korea ya Ruguru nk'inshuti nziza, kuko intwaro zayo za nikleyeri zikomeje kwiyongera zirimo gutera ubwoba no guhungabanya umutekano mu karere.
Mu buryo nk'ubwo, Ubushinwa bushobora kutishimira umubano uri hagati ya Korea ya Ruguru n'Uburusiya, cyane cyane nyuma y'amasezerano yo kwirwanaho bumvikanye mu 2024.
Ariko, Korea ya Ruguru ifite akamaro gakomeye mu by'ubutasi k'Ubushinwa, kandi Kim Jong Un arabizi neza.
Mu buryo nk'ubwo, Korea ya Ruguru ibona Korea y'Epfo n'Ubuyapani nk'"inshuti za nikleyeri" bitewe n'uko ini bihugu bibiri bituranye hafi cyane.
Korea zombi zitandukanywa n'agace kadafite abasirikare gafite uburebure bwa kilometero 250 n'ubugari bwa kilometero 4, ndetse imirwa mikuru yazo iri ku birometero 200 uvuye ku murwa umwe ujya ku wundi.
Ubuyapani nabwo buri hafi hashobora kuraswa ibisasu kuva muri Korea ya Ruguru, kandi Korea ya Ruguru ikaba ihora irasa ibisasu bya misile mu Nyanja y'Ubuyapani buri gihe ikoze igeragezwa ryizi ntwaro.
Ibi bihugu bibiri bya Asia bicumbikiye abasirikare ba Amerika bagera ku 80,000, mu gihe Uburasirazuba bwo Hagati bufite abasirikare ba Amerika bagera ku 50.000.
Intambara ya Iran isa nkaho yatumye Kim Jong Un agira igitekerezo gikomeye cy'uko Ali Khamenei "adafite imbaraga kuko nta ntwaro za kirimbuzi yari afite," kandi ko ibiganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitashoboraga kwemeza ko ubutegetsi buzakomeza kubaho.
Abasesenguzi bemeranya ko Korea ya Ruguru yanyuze mu ngorane nyinshi kugira ngo igere ku bikorwa byo gutinywa kubera intwaro za nikleyeri, ariko muri iki gihe, Kim Jong Un ashobora kuba yizera ko yafashe icyemezo gikwiye, kuko igitero ku gihugu gifite izi intwaro cyaba ari ikintu giteje akaga cyane ku buryo kidashobora gukumirwa byoroshye.