Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Iran irimo kureba uko yajya yishyuza guca mu muhora wa Hormuz
Somayeh Rafiei wo mu nteko ishinga amategeko ya Iran🇮🇷 yavuze ko "guca mu muhora wa Hormuz bizakomeze kuba ingorane ku banzi bacu".
Incamake
- Incamake - Ibintu bitandatu Pentagon imaze kuvuga mu kiganiro n'abanyamakuru ku ntambara ya Iran
- Ubushinwa: Iyicwa ry'abategetsi ba Iran n'ibitero ku baturage "ntibyemewe na gato"
- Reba videwo y'igitero ku nyubako za Iran z'ikigo gitunganya gaze
- Intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati: Iran yarahiye "gusenya burundu" kandi iburira ibihugu
- Iran irimo kureba uko yajya yishyuza guca mu muhora wa Hormuz
- Kenya - Rwanda: Abakuru b'inzego z'abinjira n'abasohoka bumvikanye kurwanya icuruzwa ry'abantu
- Ukudogera ibihugu byo mu Kigobe byatinyaga – Isesengura rya Frank Gardner, umunyamakuru wa BBC ku mutekano, uri i Doha, muri Qatar
- DR Congo: Visi perezida wa Sena yeguye nyuma yo kunenga ingingo yo guhindura Itegeko Nshinga
- Ibihugu by'Abarabu byasohoye itangazo bihuriyeho byamagana 'ibitero nkana' bya Iran
- Pentagon yasabye izindi miliyari amagana z'amadorari yo gushyira mu ntambara
- Cameroun: Urukiko rwakatiye umugabo kwicwa arashwe urufaya ahamwe no kwica umwana w'imyaka itandatu
- Washington yicaje Kigali na Kinshasa ibasaba kubahiriza amasezerano y'amahoro
- Leta ya Sénégal ishinja ko habayeho ruswa mu cyemezo cyo kuyaka igikombe cya CAN
Amakuru y'ikibiriraho
Dinah Gahamanyi, Didier Bikorimana na Samba Cyuzuzo
Amerika ishobora gukuraho ibihano ku bitoro bya Iran kugira ngo bigurwe
Minisitiri ushinzwe imari wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko bashobora gukuraho ibihano biri ku bitoro bya Iran, mu gihe bagerageza uko ibiciro ku isoko ry’isi bitahungabana kurushaho.
Ibyo byatuma utugunguru miliyoni 140 tw’ibitoro bya Iran biri mu mato mu nyanja bigurwa, nk’uko Minisitiri Scott Bessent wa Amerika yabivuze mu kiganiro na Fox Business.
Isi ikoresha utugunguru tugera kuri miliyoni 100 tw’ibitoro ku munsi.
Icyo cyemezo cyaba cyiyongera ku muhate wa Amerika wo kugerageza kongera ibitoro ku isoko ry’isi mu gihe byagabanutse kubera iyi ntambara.
Uwo muhate urimo icyemezo Washington iheruka gufata cyo gukuraho by’agateganyo ibihano ku bitoro by’Uburusiya, no gutanga utugunguru miliyoni 172 mu gikorwa ibihugu byiyemeje cyo gushyira ku isoko ibitoro biri mu bubiko bwabyo.
Scott Bessent mbere yavuze ko Amerika irimo kureka kureka amato ya Iran akagenda akagera ku masoko, nubwo bari mu ntambara.
Abajijwe niba Amerika itarimo gutera inkunga abo yita abanzi bayo, Bessent yavuze ko bigenze bityo Amerika “yaba ikoresha ibitoro bya Iran mu kurwanya abanya-Iran” kugira ngo ibiciro bigume hasi mu minsi 10 kugera kuri 14 iri imbere.
Amahuriro y’ibihugu birimo Amerika n’inshuti zayo ashobora gufatira ibihano ibicuruzwa – urugero nk’ibitoro bya Iran, Venezuela cyangwa Uburusiya – by’igihugu runaka maze ibindi bihugu bikirinda kubigura, hagamijwe guhungabanya ubukungu bw’abafatiwe ibihano.
Amarika na Israel byateye Iran kuva mu mpera z’ukwezi gushize, mu kwihimura Iran yafunze umuhora wa Hormuz ucamo igice kinini cy’ibitoro bigurishwa ku isi.
Mu ngaruka z’iyi ntambara ziriho ku isi kugeza ubu harimo izamuka ry'ibiciro by’ibitoro na gaze, izamuka riboneka no ku isoko rya Amerika.
Incamake - Ibintu bitandatu Pentagon imaze kuvuga mu kiganiro n’abanyamakuru ku ntambara ya Iran
- Minisitiri w’ingabo za Amerika Pete Hegseth yavuze ko Amerika iri “kuri gahunda” no “ku ntego” mu ntambara, ariko ntiyavuze igihe nyacyo ibitero byabo bizarangira. Asabwe gutanga umucyo kuri iki, yagize ati: "Ntidushaka gushyiraho ingengabihe runaka"
- Yasubiyemo ko intego za Amerika muri Iran zirimo gusenya imashini (launchers) zirasa misile za Iran n’igisirikare kirwanira mu mazi, no kwemeza ko “Iran itazigera igira intwaro kirimbuzi”
- Amerika yarashe ahantu 7,000 muri Iran kugeza ubu, nk’uko abivuga, ko ingabo ubu “zifite kurushaho amakuru y’aho turasa n’impamvu”
- Hagati aho, Gen Dan Caine, ukuriye inteko y’abagaba b’ingabo, wari muri iki kiganiro, yavuze ko igisirikare cya Amerika ubu kirimo kwerekeza hirya mu burasirazuba mu kirere cya Iran “guhiga no kwica” drones za Iran, kandi kinakoresha kajugujugu za AH-64 Apache
- Caine yavuze ko Iran “yatangiye imirwano ifite intwaro nyinshi”, ko ariyo mpamvu Amerika “irimo gutera bikomeye” uko ishoboye – yemeje kandi ko Iran igifite “ubushobozi runaka bwa gisirikare”
- Icya nyuma, Hegseth yasubije ku makuru ko Pentagon yasabye inyongera ya miliyari 200$ ku ngengo y’imari yayo, yavuze ko umubare w’amafaranga bakene “ushobora kwiyongera”. Ati: “Bisaba amafaranga kwica abantu babi”
Ubushinwa: Iyicwa ry'abategetsi ba Iran n'ibitero ku baturage "ntibyemewe na gato"
Ubushinwa bwavuze ko iyicwa ry'umukuru w'Inama Nkuru y'Umutekano wa Irani, Ali Larijani, mu gitero cyakozwe na Israel, n'iyicwa ry'undi mutegetsi uwo ari we wese wa Iran "bitemewe", busaba ko hashyirwaho uburyo bwo guhagarika imirwano byihuse.
Nubwo Beijing ari umufatanyabikorwa wa Iran, yanenze ibitero byayo ku bihugu byo mu kigobe cy'Abarabu birimo ibirindiro bya gisirikare bya Amerika.
Larijani niwe muntu ukomeye cyane muri Iran wishwe nyuma y'Umutegetsi w'Ikirenga Ayatollah Ali Khamenei n'abandi bantu bakomeye ku munsi wa mbere w'intambara ya Amerika na Israel tariki 28 Gashyantare (2).
Umuvugizi wa Minisiteri y'ububanyi n'amahanga y'Ubushinwa, Lin Jian, yagize ati: "Twahoraga duhakanira ikoreshwa ry'ingufu mu mibanire mpuzamahanga," yongeraho ko "ibikorwa bigamije kwica abategetsi ba Iran no kugaba ibitero ku baturage bidakwiye na gato."
Yagize ati: "Ubushinwa burasaba impande zirebwa guhagarika ibikorwa bya gisirikare vuba no gukumira ko ibintu mu karere bikomeza kumera nabi."
Beijing yashatse kuba umuhuza w'intambara, aho intumwa yayo idasanzwe mu Burasirazuba bwo Hagati, Chai Jun, izazenguruka ako karere muri uku kwezi kugira ngo ibonane n'abategetsi bakuru.
Mu bihugu yasuye harimo Arabiya Saoudite, UAE, Bahrain, Kuwait na Misiri.
Mu ruzinduko rwe, Chai yashimangiye ko "ibitero ku bikorwa bitari ibya gisirikare bidakwiriye, kandi ko umutekano w'inzira z'amato utagomba guhungabana."
Lin Jian yavuze ko uruzinduko rw'intumwa ari "igice cy'ibikorwa bikomeye bya dipolomasi by'Ubushinwa" mu Burasirazuba bwo Hagati, yongeraho ko "ibikorwa bya dipolomasi bya Beijing ntibizahagarara igihe cyose amakimbirane agikomeje."
Minisiteri y'ububanyi n'amahanga y'Ubushinwa yatangaje muri iki cyumweru ko Beijing izatanga inkunga y'ubutabazi kuri Iran, Libani, Jordan na Iraq.
Reba videwo y'igitero ku nyubako za Iran z'ikigo gitunganya gaze
Intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati: Iran yarahiye "gusenya burundu" kandi iburira ibihugu
Iran yiyemeje kugaba ibitero ku bikorwa remezo by'ingufu by'ibihugu by'Amerika n'ibihugu bya Israel biri mu kigobe cy'Abarabu kugeza igihe "bizasenywa burundu" niba nayo ibikorwaremezo byayo by'ingufu bikomeje kwibasirwa.
Leta ya Tehran yagabye ibitero byinshi ku nganda zitunganya gaze n'ibitoro mu bihugu by'akarere k'ikigobe nyuma y'uko inganda zayo zitunganya gaze zo mu majyepfo zigabweho ibitero na Israel.
Umuvugizi w’ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Irani"Turaburira umwanzi ko mwakoze ikosa rikomeye mu gutera ibikorwa remezo by'ingufu bya Repubulika ya Kiislam ya Iran," nk'uko bivugwa n'ikigo cy'itangazamakuru cya Fars, gifitanye isano n'umutwe w'ingabo zirinda impinduramatwara ya Kiisilamu.
Mu kuburira Amerika na Israel cyongeraho ngo “Ibi bitero n'ibindi bitero ku bikorwa remezo by’ingufu byawe n’iby’inshuti zawe ntibizahagarara kugeza igihe bizasenywa burundu,” kandi ko ingufu Iran "zizaba mbi kurusha ibitero byabanje".
Izindi nkuru bijyanye:
Iran irimo kureba uko yajya yishyuza guca mu muhora wa Hormuz
Umwe mu bagize Inteko ishinga amategeko ya Iran, yavuze ko abadepite barimo gukurikirana umushinga w’uko ibihugu byajya byishyura Iran imisoro n’uburenganzira bwo gucisha amato mu muhora wa Hormuz.
Ibiro ntaramakuru ISNA bisubiramo Somayeh Rafiei uhagarariye Tehran mu nteko ishingamategeko ya Iran izwi nka Majlis ibyo yavugiye mu ruhame ku rubuga rwa Valiasr Square i Tehran.
Somayeh yavuze ko muri uwo mushinga Iran igambije “kubungabunga umutekano w’Umuhora wa Hormuz n’inyungu z’igihugu”
Yagize ati:“Twambuye abanzi bacu ibyahoze ari ubwisanzure kuri bo, ubu ntibarimo kwemera ibirimo kuba; ntabwo rwose bashobora kubyihanganira”.
Somayeh yakomeje ati: “Imana nibishaka, iyi ntambara izarangira Iran itsinze byeruye, bityo, guca mu muhora wa Hormuz bizakomeze kuba ingorane ku banzi bacu”.
Umuhora wa Hormuz ni inzira ntoya iri hagati ya Iran, Oman icamo igice kinini cy’ibitoro na gaze bigurishwa ku isi bivuye mu bihugu nka Qatar, UAE, Kuwait na Arabia Saoudite bizwiho kugira uyu mutungo kamere ku bwinshi.
Iran yaburiye ko amato yose aca muri uyu muhora muri iyi ntambara izajya iyarasa, kandi agera kuri 15 yarashweho.
Ubusabe bwa Donald Trump ngo ibihugu by’inshuti ya Amerika byohereze amato y’intambara gufasha kurinda amato y’ubucuruzi kunyuza ibitoro na gaze muri Hormuz bwanzwe n'ibihugu byinshi.
Ibiciro by’ibitoro na gaze bikomeje kuzamuka ku masoko y’isi, kuri uyu wa kane igiciro cya gaze cyazamutseho 25% nyuma y’uko Iran irashe ku bikorwa remezo bitunganya gaze muri bimwe mu bihugu bituranye.
Izindi nkuru bijyanye:
Kenya - Rwanda: Abakuru b’inzego z’abinjira n’abasohoka bumvikanye kurwanya icuruzwa ry’abantu
Abakuru b’ibigo bishinzwe abinjira n’abasohoka ba Kenya n’u Rwanda bumvikanye ku ngamba zo kurwanya icuruzwa ry’abantu.
Lynder Nkuranga ukuriye urwego rw’abinjira n’abasohoka mu Rwanda mu ruzindo muri Kenya yabonanye na mugenzi we Evelyn Cheluget ukuriye urwego nk’urwo rwa Kenya.
Mu butumwa ku mbuga nkoranyambaga ikigo cy’abinjira n’abasohoka cya Kenya, cyavuze ko Nkuranga na Cheluget mu byo baganiriye harimo “kwita ku mipaka n’umutekano”, “kubaka ubushobozi” no gukoresha ikoranabuhanga mu gutanga umusaruro.
Aba bategetsi bumvikanye kandi ku kongera ubufatanye mu guhanahana amakuru.
Kenya, nk’igihugu cy’isanganzira ry’ingendo mpuzamahanga kurusha ibindi mu karere, ifatwa nk’inzira y’abacuruza abantu babajyana mu bihugu bitandukanye bya kure.
Kenya n’u Rwanda ntibisangiye umupaka ariko bihuriye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.
Urujya n’uruza hagati ya Kenya n’u Rwanda rwariyongereye mu myaka ya vuba mu ngendo z’indege no ku butaka kandi umubare w’Abanyarwanda baba muri Kenya wagiye wiyongera mu myaka ya vuba ishize.
Mu matora aheruka mu Rwanda, Abanyarwanda barenga 4,000 baba muri Kenya biyandikishije gutorera muri icyo gihugu ariko umubare w’abanyarwanda bahaba bikekwa ko uri hejuru cyane y’abatoye.
Izindi nkuru wasoma:
Ukudogera ibihugu byo mu Kigobe byatinyaga, Isesengura rya Frank Gardner, umunyamakuru wa BBC ku mutekano, uri i Doha, muri Qatar
Neza neza uku ni ko kudogera kw'ibintu ibihugu byo mu Kigobe cy'Abarabu byatinyaga.
Icyatangiye mu byumweru hafi bitatu bishize, mu gusubiza ku gitero cy’Amerika-Israel kuri Iran, nk’ibitero bya misile bya Irani byibasira ahanini Israel n’ibigo bya gisirikare by’Amerika byo mu karere, ubu cyahindutse ibitero ku bikorwa-remezo by’ingufu.
Uwo ni wo mutima utera w’ubukungu bwose bwo mu Kigobe.
Ibikomoka kuri peteroli, gaze (gas) n’ibinyabutabire bikomoka kuri peteroli na gaze ni byo byahinduye ibihugu byo mu Kigobe cy’Abarabu bihinduka ibihugu bikize mu gihe cy’imyaka ibarirwa muri za mirongo.
Qatari yarubiye kubera ko nubwo yari yashishikarije Amerika mu ruhame no mu ibanga ngo ntizatere Iran mu kwezi kwa Gashyantare (2), nyamara yabonye urwego rwa gaze ruyifatiye runini cyane rw’i Ras Laffan, hakurya y’inkombe uvuye hano ndi, ruraswaho inshuro ebyiri mu ijoro ryacyeye.
Ubwirinzi bw’ikirere bw’ibihugu byo mu Kigobe cy’Abarabu bwabaye ingirakamaro cyane – misile nyinshi za Iran zo mu bwoko bwa ‘ballistic’ zasamiwe hejuru ya Riyadh mu ijoro ry’ejo, mu gihe inama y’abaminisitiri bo mu bihugu 12 byiganjemo abayisilamu yari irimo kuba.
Ariko biragaragara ko ububiko bw’intwaro bwa Iran zitarashiramo ndetse zimwe mu ntwaro zayo zashoboye kumenera muri ubwo bwirinzi.
Izindi nkuru wasoma:
DR Congo: Visi perezida wa Sena yeguye nyuma yo kunenga ingingo yo guhindura Itegeko Nshinga
Senateri Modeste Bahati Lukwebo yatangaje ubusabe bwiwe bwo kwegura ku mwanya we nka Visi Perezida wa Sena ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma y’igitutu yashyizweho amaze kuvuga ko adashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga.
Radio-Televiziyo y'iki gihugu yatangaje kopi y’ukwegura kwa Bahati, iriho ko mu mpamvu yatanze harimo “umwuka wa politike uriho ubu”.
Bahati yeguye mu gihe Sena yariho yitegura gushyiraho komisiyo yo kwiga uko yakurwa ku mwanya we, nk’uko ibiro ntaramakuru bya Congo bibivuga.
Mu ntangiriro z’uku kwezi, Bahati yabwiye abanyamakuru ko adashyigikiye umushinga wo guhindura Itegeko Nshinga wazanywe na bamwe mu bo mu ishyaka riri ku butegetsi, UDPS.
Uwo mushinga ugamije guhindura ingingo ibuza Perezida Félix Tshisekedi kwiyamamariza manda ya gatatu.
Icyo gihe Bahati yabwiye abanyamakuru ko bikwiye “guhindura imitekerereze mbere yo guhindura inyandiko” z’Itegeko Nshinga.
Nubwo yaje gusaba imbabazi kuri ibyo, igitutu yashyizweho n’abo mu ishyaka riri ku butegetsi cyatumye yegura ku mirimo ye, biteganyijwe ko azakomeza kuba umusenateri.
Ingingo yo guhindura Itegeko Nshinga rya RD Congo ikomeje guteza impaka mu banyecongo.
Amatora ataha muri Congo ateganyijwe mu Ukuboza(12) 2028, ubwo manda ya kabiri ya Tshisekedi y'imyaka itanu izaba irangiye.
Inkuru bijyanye wasoma:
Ibihugu by’Abarabu byasohoye itangazo bihuriyeho byamagana ‘ibitero nkana’ bya Iran
Ibihugu by’Abarabu byasohoye itangazo bihuriyeho bisubiza ku bitero bya Iran, nyuma y’inama y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga yabereye i Riyadh muri Arabia Saoudite ku wa gatatu, aho bamaganye kandi n'ubushotoranyi bwa Israel.
Mu ijoro ryacyeye no muri iki gitondo, ibyo bihugu byinshi byakomeje kuraswaho na Iran.
Nka Arabia Saoudite yatangaje ko ari ryo joro yarashweho cyane kurusha ayandi. Ivuga ko yahanuye drones 17 na misile balistike [ziraswa kure] ebyiri hejuru ya Riyadh no mu burasirazuba bw’igihugu.
Qatar, Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu(UAE), Bahrain na Kuwait na byo byatangaje uko byakomeje guhangana n’ibitero bya drones na misile za Iran mu ijoro no muri iki gitondo.
Mu kurasa aba baturanyi bayo, Iran ivuga ko irimo gusubiza ibitero bya Israel na Amerika ku bigo by’ingabo za Amerika n’ibikorwa byazo muri ibyo bihugu.
Intumwa z’ibihugu birimo; Bahrain, Kuwait, Liban, Qatar, Arabia Saoudite, UAE n’ibindi ni bo bahuriye mu nama i Riyadh.
Itangazo ryabo ryamaganye “ibitero by’ibigirankana”, bavuga ko byibasira ahantu hatuwe, ibikorwa remezo by’abasivile, n’ibigo by’abadipolomate. Bavuga ko ibi bidashobora “guhabwa impamvu iyo ari yo yose”.
Bashimangiye kandi uburenganzira bwo kwirengera bashingiye ku ngingo ya 51 ya ONU.
Itangazo ryabo risaba Iran “guhagarika aka kanya ibitero” no kubahiriza itegeko ihame mpuzamahanga “ryo guturana neza”, hamwe no kureka “ingamba zo gutera ubwoba” zigamije gufunga umuhora wa Hormuz.
Aba ba minisitiri bamaganye kandi “ubushotoranyi” n’ibitero bya Israel kuri Liban n’icyo bise “imihate yo gufata ubutaka mu karere” bashinja Israel.
Izindi nkuru wasoma:
Pentagon yasabye izindi miliyari amagana z’amadorari yo gushyira mu ntambara
Pentagon [Minisiteri y’ingabo ya Amerika] yasabye White House kwemeza inyongera ya miliyari 200 z’Amadorari yo gushyira mu ntambara muri Iran, nk’uko bivugwa na Washington Post – gusa bigomba kubanza guca mu nteko ishingamategeko.
Mu Ukuboza(12), inteko ya Amerika yemeje agahigo (record) ka miliyari 901$ y’ingengo y’imari igenewe igisirikare muri uyu mwaka – ariko Perezida Donald Trump yakomeje gusaba ayandi.
Yavugaga ko iyo mari igomba kugera kuri tiliyari 1.5$ mu 2027 kugira ngo ikemure ibyo yise “ibihe bigoye kandi biteye inkeke”.
Iyo ngengo y’imari yifuza ni iyo gufasha Amerika kubaka “igisirikare cy’inzozi” kizakomeza gutuma icyo gihugu “gitekana”, nk’uko Trump yabivuze muri Mutarama(1).
Kugeza ubu, igiciro cy’intambara Amerika imaze gutanga ntabwo kiratangazwa ku mugaragaro.
Amakuru atangwa n’ibiro ntaramakuru binyuranye avuga ko Amerika yakoresheje hejuru ya miliyari 11$ mu minsi ya mbere y’ibitero byayo kuri Iran.
Amakuru avuga ko Pentagon imaze kohereza ubusabe bwinshi bw’indi mari muri ibi byumweru bibiri bishize.
Washington Post ivuga ko ubu busabe bushya bwa miliyari 200$ “bushobora gutera impaka zikaze za politike mu nteko”.
Pentagon na White House banze kugira icyo bavuga ku busabe bw’itangazamakuru kuri iyi nkuru.
Izindi nkuru wasoma:
Cameroun: Urukiko rwakatiye umugabo urwo gupfa arashwe urufaya ahamwe no kwica umwana w’imyaka itandatu
Urukiko rwo muri Cameroun rwakatiye umugabo urwo gupfa arashwe urufaya nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umwana w’umuhungu w’imyaka itandatu, icyemezo cyateje kwibazwaho cyane muri icyo gihugu.
Kuva umwaka ushize, Dagobert Nwafo yakomeje kuburana ku kwica ateye icyuma inshuro nyinshi umwana witwa Mathis Ouandji mu murwa mukuru Yaoundé.
Mu kweregura kwe, bivugwa ko Nwafo yavuze ko ibyo byabaye nyuma y’uko agiranye amakimbirane na se w’uriya mwana agakora ubwo bugome mu kwihorera.
Uyu mugabo yaciwe ihazabu ya miliyoni 500 z’amaCFA (asaga miliyari 1.2 Frw) nk’impozamarira ku muryango wiciwe.
Umunyamategeko w’umuryango wiciwe wavuze ko washimye umwanzuro w’urukiko naho uwunganira uregwa avuga ko uyu mwanzuro w’urukiko “utemewe n’amategeko”.
Leta ya Cameroun ntabwo iremeza amategeko akuraho igihano cy’urupfu bityo amategeko ashobora kugitanga, nubwo kitarashyirwa mu bikorwa kuva mu 1997.
Umwanzuro w’urukiko wo ku wa gatatu watumye benshi basigara bibaza niba kizashyirwa mu ngiro cyangwa se Nwafo azoroherezwa.
Izindi nkuru wasoma:
Washington yicaje Kigali na Kinshasa ibasaba kubahiriza amasezerano y’amahoro
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika yatangaje ko ku wa kabiri no ku wa gatatu yahuje intumwa z’u Rwanda n’iza DR Congo i Washington zikemeranya gutera “intambwe zifatika” mu gushyira mu ngiro amasezerano y’amahoro zasinye umwaka ushize muri uwo mujyi.
Mu itangazo, Washington ivuga ko DRC n’u Rwanda byumvikanye ku bikorwa birimo;
- Ingamba zo gufatanya kubahiriza ubusugire n’imbibi z’ubutaka za buri gihugu
- Ku Rwanda: Ingengabihe yo guhagarika ibikorwa by’ingabo/gukuraho ingamba z'ubwirinzi mu bice by’ubutaka bwa Congo
- Kuri DRC: Ibikorwa bishyizwemo imbaraga kandi bigendeye ku ngengabihe byo kurandura umutwe wa FDLR no kurengera abasivile
Izi ngingo ni zo ahanini zari zemeranyijwe mu masezerano yasinywe muri Nyakanga(7) ishize akemezwa n’abakuru b’ibihugu byombi mu Ukuboza(12) i Washington, ariko ntatange umusaruro.
Leta y’u Rwanda ishinjwa gufasha umutwe wa M23 wigaruriye ibice bitandukanye mu burasirazuba bwa Congo, naho leta ya DR Congo igashinjwa gufatanya n’umutwe wa FDLR uwo Kigali ivuga ko uteye akaga ku mutekano w’u Rwanda.
Iki gitutu gishya cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bihugu byombi, gikurikiye ibihano ziheruka gufatira igisirikare cy’u Rwanda na bamwe mu bagikuriye.
Izindi nkuru wasoma:
Leta ya Sénégal ishinja ko habayeho ruswa mu cyemezo cyo kuyaka igikombe cya CAN
Leta ya Sénégal yasabye ko hakorwa “iperereza mpuzamahanga ryigenga” kuri “ruswa icyekwa” mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), nyuma yuko yatse Sénégal igikombe cy’Afurika cy’ibihugu (CAN/AFCON) cya 2025 igategeka ko gihabwa Maroc.
Sénégal yatsinze Maroc igitego 1-0 mu mukino wa nyuma wabaye muri Mutarama (1) uyu mwaka ariko ku wa kabiri CAN yaburijemo ibyavuye muri uwo mukino kuko abakinnyi ba Sénégal bavuye mu kibuga mu kwigaragambya ubwo Maroc, yakiriye iryo rushanwa, yahabwaga penaliti mu minota y’inyongera y’uwo mukino.
Abakinnyi basubiye mu kibuga nyuma y’iminota 17, nuko penaliti ya Brahim Diaz yo mu buryo bw’amafiyeri buzwi nka ‘Panenka’ ikurwamo, nyuma yaho, mu gihe cy’inyongera cy’umukino, Pape Gueye atsindira Sénégal igitego cy’intsinzi.
Nyuma y’ubujurire bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Maroc (FRMF), CAF yanzuye ko Sénégal yatsinzwe uwo mukino, “ibyavuye mu mukino byanditswe ko ari [ibitego] 3-0” bya Maroc.
Mu itangazo leta ya Sénégal yasohoye yavuze ko icyo “cyemezo kitari cyarigeze kibaho kandi gikomeye cyane mu buryo budasanzwe” cyashingiwe ku “isobanurwa ry’amategeko [ya CAF] rigaragara ko ririmo amakosa, bigeza ku cyemezo kinyuranyije n’amategeko cyane kandi kirenganya cyane”.
Iti: “Sénégal yamaganye byimazeyo iri gerageza ridafite ishingiro ryo kwakwa [igikombe].”
Mbere yaho ku wa gatatu, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Sénégal (FSF) ryavuze ko mu kurengera uburenganzira bwaryo n'inyungu z'umupira w'amaguru, "vuba aha cyane" riziyambaza mu bujurire urukiko nkemurampaka mu mikino (TAS/CAS) rukorera i Lausanne mu Busuwisi.
Ishyirahamwe FRMF rya Maroc ryasohoye itangazo rishima icyemezo cya CAF, rivuga ko “kibungabunga iyubahirizwa ry’amategeko ya ngombwa mu migendekere myiza y’irushanwa mpuzamahanga”, kandi ko icyemezo nk’icyo kizajya gifasha mu marushanwa mpuzamahanga “by’umwihariko umupira w'amaguru w'Afurika”.
Umukuru wa CAF, Dr Patrice Motsepe, yavuze ko ibyabaye muri uwo mukino wa nyuma byabangamiye umurimo wari warakozwe mu kubahiriza imiyoborere myiza y’umupira w’amaguru, “ndetse no kwizerwa kw’ibiva mu mikino yacu y’umupira w’amaguru”.
Motsepe yongeyeho ati: “Ni ingenzi ko ibyemezo by’akanama kacu ka CAF k’imyitwarire n’akanama k’ubujurire bireberwa mu kubahwa n’ubunyangamugayo bw’ingenzi cyane kuri twe.”
“Nta gihugu na kimwe muri Afurika kizafatwa mu buryo bukibera cyangwa bugiha inyungu cyane cyangwa bugikorera neza kurusha ikindi.”
Izindi nkuru wasoma:
Mwaramutse neza!
Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw’aka kanya.