Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Wagner Group muri DR Congo? Igisirikare kirabihakana
Ibivugwa ko abacancuro ba Wagner Group yo mu Burusiya barimo gufatanya nâingabo za DR Congo ku rugamba zirwana na M23 birakomeza kwiyongera, ingabo za DR Congo zirahakana gukorana nâabo bacancuro.
Imirwano imaze igihe kirenga umwaka muri Kivu ya ruguru, cyane cyane muri Teritwari ya Rutshuru, ntirarangira nubwo bwose ibihugu byâakarere byashyize umuhate mu gushaka amahoro.
Abarwanyi ba M23 ubu baravuga ko ingabo za DR Congo (FARDC) zazanye abacancuro ba Wagner Group yo mu Burusiya, hamwe nâabandi, kubafasha urwo rugamba.
Ikinyamakuru Africa Intelligence cyemeza ko mu mujyi wa Goma muri iki gihe âhari gukorera abahoze ari abarwanyi bâAbasoviyetiâ, nâabandi bacancuro.
Umuvugizi wa M23 avuga ko mu cyumweru gishize ku ngerero zo mu majyaruguru ya Rutshuru barwanye nâabarimo abarwanyi ba Wagner.
Umuvigizi wâigisirikare cya DR Congo we yahakanye ko bakorana nâabacancuro ba Wagner.
Usibye Ukraine, aho Wagner yabonetse bwa mbere, Syria na Venezuela, abacancuro ba Wagner bakorera cyangwa se bakoreye mu bihugu bigera kuri birindwi bya Africa.
Wagner Group ni bande?
Ni kompanyi yigenga ya servisi za gisirikare yo mu Burusiya ikuriwe na Yevgeny Prigozhin, umuherwe wâumwizerwa wa hafi wa Perezida Vladimir Putin.
Tracey German, umwalimu ku makimbirane nâumutekano muri King's College London avuga ko Wagner yabonetse bwa mu 2014 ubwo Uburusiya bwafataga umwigimbakirwa wa Crimea wari uwa Ukraine.
Madamu Tracey ati: "Abacancuro bayo bikekwa ko ari bamwe muri ba âbagabo bato bâicyatsi kibisiâ bafashe ako gace.â
Icukumbura rya BBC ryo mu 2021 kuri Wagner Group ryagaragaje uruhare rwâumugabo wâimyaka 51 wahoze mu gisirikare cyâUburusiya, Dmitri Utkin. Bikekwa ko ari we washinze Wagner akanayiha iryo zina â ryari irye bamuhamagara mu marenga ya gisiriakare.
Utkin wahoze mu mutwe wâingabo zidasanzwe, yarwanye intambara zo muri Ceceniya, kandi yageze ku ipeti rya lieutenant colonel muri GRU, ishami ryâubutasi bwa gisirikare mu Burusiya.
Bamwe bavuga ko GRU ariyo mu ibanga iha inkunga ikanagenzura ibikorwa bya Wagner Group.
Ubutegetsi bwa Kremlin bwahakanye ko hari aho buhuriye na Wagner Group.
Icukumbura rya BBC ryerekana ihuriro rya Utkin nâiri tsinda hamwe na Yevgeny Prigozhin urikuriye, uyu azwi ku izina ryââumutetsi wa Putinâ â waryiswe kuko yazamutse mu nzego avuye ku kuba yari ashinzwe kugaburira no kwita kuri Kremlin, ibiro bya perezida wâUburusiya.
Abacancuro ba Wagner Group bafite ikigo cy'imyitozo kiri ahitwa Mol'kino mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw'Uburusiya.
Nyuma ya Ukraine, Syria na Venezuela, iri tsinda ryagiye ribona amasezerano yâakazi mu bihugu bya Africa.
âWagner ntikorera muri RDCâ â Gen. Ekenge
Muri Africa ni hamwe mu ho Wagner Group ubu ifite isoko rinini. Kuva mu 2018 abacancuro bayo batangiye kuboneka mu ntambara zâurudaca muri Libya, iri tsinda ryagukiye mu bindi bihugu byo munsi yâubutayu bwa Sahara.
Mu 2019, Wagner Group byavuzwe ko yabonye amasezerano ya leta kandi yatangiye ibikorwa muri Mozambique, nyuma ivugwa muri Sudan, Mali, Burkina Faso, na Central Africa Republic aho mu 2021 bafashije kurengera ubutegetsi bwa Perezida Archange TouadĂ©ra bwari bugeramiwe nâinyeshyamba zishyigikiwe na mukeba we François BozizĂ©.
Mu ijambo rye ari mu Nteko Ishingamategeko kuwa mbere, Perezida Kagame avuga ku kibazo cya DR Congo - aho abategetsi bashinja Kigali gufasha M23 - ntiyavuze Wagner, yavuze ko âyumviseâ ko abacancuro barimo kuhakorera.
Aho yagize ati: âNiwumva ko ikibazo cyagezemo abacancuro menya ko ibintu byabaye akajagari... abacancuro ni abantu batagize icyo bamaze wakwizera.â
Umutwe wa M23 uvuga ko abacancuro ba Wagner bamaze igihe kigera ku kwezi bageze muri DR Congo kandi batangiye kurwana bafatanyije na FARDC ku rugamba barwana.
Willy Ngoma uvugira M23 yabwiye BBC ati: âNibyo barahari, hari ibimenyetso dufite mu gihe nyacyo tuzabyerekana.â
Avuga ko abo bacancuro bamaze igihe kirenga ukwezi bageze i Goma kandi ko mu cyumweru gishize barwanye bafatanyije na FARDC ku ngerero za Nyamilima na Tongo muri Rutshuru.
Ngoma avuga ko mbere yâuko Wagner Group iza muri Kivu ya ruguru yabanjirijwe ânâabacancuro za mirongo bo muri Romania nâabapilote bâAbarusiya.â
Abajijwe niba hari ugukorana kwa FARDC na Group Wagner, General-major Sylvain Ekenge, umuvugizi wâigisirikare cya DR Congo, yabwiye BBC ati: âGroupe Wagner ntabwo ikorera muri RDCâ.
Mu Ukwakira (10) gushize, Perezida Felix Tshisekedi ari i Londres yabwiye ikinyamakuru Financial Times ko adashobora kuzana abacancuro bâAbarusiya gukemura ikibazo cyo mu burasirazuba bwâigihugu cye.
Financial Times imusubiramo agira ati: âNdabizi ko ubu bigezwehoâŠ[ariko] oya, ntabwo dukeneyeâ gukoresha abo bacancuro.