Thabo Bester na Dr Nandipha: Inkuru y'abakunzi bafunze iri kuvugwa cyane muri Africa y'Epfo

Ahavuye isanamu, South Africa's Department of Corretional Services
Muri Gicurasi(5) umwaka ushize, urwego rushinzwe amagereza muri Africa yâEpfo rwemeje ko Thabo Bester wari ufungiye muri gereza irindwa cyane yapfuye, ariko uyu mugabo nâumukunzi we wâumuganga kuwa gatanu ushize bafatiwe i Arusha muri Tanzania.
Thabo Bester nâumukunzi we, umuganga uzwi cyane muri Africa yâEpfo, Dr Nandipha Magudumana, mu gitondo cyo kuri uyu wa kane bagejejwe iwabo nâindege yabavanye i Arusha, Thabo ni umuntu washakishwaga kurusha abandi nâubucamanza bwa Africa yâEpfo.
Mu kwezi gushize ni bwo bombi bagarutsweho cyane nyuma yo gucika igihugu, byari bimaze kumenyekana ko Thabo atapfuye ahubwo yacitse gereza ahimbye ko yapfuye.
Thabo azwi nkâumuntu wafataga abagore ku ngufu akoresheje Faceook mu kureshya abo yakoreraga amabi. Mu 2012 yahamijwe gufata ku ngufu no kwica uwari umukunzi we. Umwaka wakurikiyeho ahamwa no gufata ku ngufu no kwambura utwabo abandi bagore benshi, akatirwa gufungwa burundu.
Yacitse ate gereza?
Muri Gicurasi ishize urwego rushinzwe amagereza muri Africa yâEpfo rwemeje ko Thabo Bester yapfuye yiyahuye, yitwikiye mu kumba ke muri gereza ya Mangaung.
Ariko mu kwezi gushize urwo rwego rwatangaje ko rwibeshye kuko basanze umurambo wari muri ako kumba atari uwa Thabo.
Raporo yâisuzuma ryâimirambo yagaragaje ko uwo wapfuye yakubiswe ikintu mu mutwe, ko yapfuye mbere yâuwo muriro.
Polisi yahise yandika ikirego cyâubwicanyi itangira iperereza, nkâuko ibinyamakuru muri Africa yâEpfo bibivuga.
Mu byâukuri Thabo we yari yabashije gucika ndetse hari hashize ayo mezi yose bizwi ko yapfuye.
Umuganga uzwi cyane azamo ate?

Ahavuye isanamu, @drnandipha/Instagram
Ikinyamakuru Briefly kivuga ko Dr Nandipha ari âumwe mu baganga bâabagore bakiri bato wageze kuri byinshi mu gihuguâ.
Dr Nandipha Magudumana ni umugore ukiri muto ukoresha cyane imbuga nkoranyambaga akaba nâumuganga wabigize umwuga.
Mu 2018 yashyizwe ku rutonde rwâabanyafurika yâepfo 20 bâurubyiruko bavuga rikijyana.
Ibinyamakuru muri iki gihugu bivuga ko Dr Nandipha asanzwe afite umugabo bashakanye gusa bitazwi neza igihe batandukaniye, agakundana na Thabo Bester wari ufunze.
Ikinyamakuru Briefly cyandika ku byamamare muri icyo gihugu, kivuga ko Dr Nandipha yatangiye gusura Thabo Bester muri gereza ahagana mu 2017.
Byatangaje benshi muri Africa yâEpfo kumenya ko uriya muganga uzwi cyane yahunganye na Thabo Bester.
Abandi bantu nibura bane, barimo se wâuyu muganga, barafunze baregwa gufasha Thabo gutoroka gereza.
âPassports nyinshiâ
Kuwa gatanu ushize bafatiwe mu mujyi wa Arusha muri Tanzania, inkuru iri mu zavuzwe cyane muri weekend ishize muri Africa yâEpfo.
Ibinyamakuru muri Africa yâEpfo bivuga ko Thabo nâumukunzi we Nandipha bafatanywe 'passports' nyinshi nâindangamuntu zitandukanye.
Bivugwa kandi ko umunyamozambique wabafashije kwambuka nibura imipaka ibiri nawe yafatanywe nabo.
Abategetsi ba Africa yâEpfo byitezwe ko none kuwa kane batangariza abanyamakuru ibirambuye ku buryo aba bantu bafashwe.
Bamwe mu bakozi bakuru mu nzego zâubutabera babwiye BBC ko aba bombi bagiye kurindwa cyane ubundi bagashyikirizwa ubucamanza.













