U Rwanda ruvuga ko gushinjwa gushaka 'kwica' Denise Tshisekedi i Washington ari 'ibinyoma bigayitse'

    • Umwanditsi, Didier Bikorimana
    • Igikorwa, BBC News Gahuzamiryango
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Leta y'u Rwanda yahakanye ibyatangajwe n'umuvugizi wa leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) ko habayeho "gucengera" muri hoteli umugore wa perezida wa DRC, Denise Tshisekedi, yari acumbitsemo, mu cyumvikanishijwe ko hari hagamijwe kumwica.

Denise Tshisekedi amaze iminsi mu ruzinduko rurimo n'abandi bagore b'abaperezida barimo n'umugore wa perezida w'u Burundi, ku butumire bwa Melania Trump, umugore wa Perezida w'Amerika Donald Trump.

Mu kiganiro n'abanyamakuru ku wa kabiri cyanyuze kuri radio na televiziyo by'igihugu (RTNC), umuvugizi wa leta ya DRC Patrick Muyaya yavuze ko bamenye amakuru y'abo bantu bataramenyekana, kandi ko leta ya DRC irimo gukorana bya hafi n'abategetsi b'Amerika bariyo ngo amakuru arambuye y'ibyabaye amenyekane.

Muyaya ntiyavuze niba abo bantu barashoboye kwinjira mu cyumba Denise Tshisekedi acumbitsemo.

Mu butumwa bwo "gusobanura ibyabaye" ambasade y'u Rwanda i Washington DC yatangaje ku rubuga nkoranyambaga X ku wa gatatu, yavuze ko umwe mu bashinzwe gucungira umutekano Umunyarwanda w'umunyacyubahiro – utatangajwe izina – yahuriye "gutyo gusa" n'abashinzwe umutekano b'itsinda rya DRC mu kirongozi cya hoteli kigerwamo n'abantu bose.

Iyo ambasade yongeyeho ko itsinda ry'u Rwanda n'irya DRC yombi yari acumbitse muri iyo hoteli ndetse ko uwo ushinzwe umutekano wo ku ruhande rw'u Rwanda, ivuga ko atari yitwaje intwaro, yabujijwe by'akanya gato gukoresha asanseri (ascenseur/elevator), ibintu ivuga ko bitari bikwiye kuko aho ari ahantu hakoreshwa na bose. Gusa ngo ikibazo cyaje gucyemurwa nta bundi bushyamirane bubayeho.

BBC News Gahuzamiryango ntiyashoboye kugenzura mu buryo bwigenga ibivugwa n'impande zombi.

Nta gihamya atanze, Muyaya yumvikanishije ko bishoboka ko hari uruhare leta y'u Rwanda ifite mu byabaye byo gushaka kugirira nabi Denise Tshisekedi, avuga ko Kinshasa "yashenye neza neza umuvuno w'ikinyoma w'u Rwanda" mu zindi gahunda zigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa DRC.

Ariko ambasade y'u Rwanda ivuga ko ibyo Muyaya yavuze mu kiganiro n'abanyamakuru cyo ku wa kabiri nijoro ari "ibinyoma".

Yagize iti: "Ibi binyoma bigayitse byagombye kwirengagizwa kandi bikamaganwa."

U Rwanda ruvuga ko nyuma y'ibyabaye itsinda ryarwo ryafashe icyemezo cyo guhindura hoteli ariko ko ryatotejwe ndetse rigafatwa amashusho n'abantu batazwi, ubwo ryari ririmo kuva muri iyo hoteli.

Mbere y'iryo tangazo ry'ambasade, Arthur Asiimwe wungirije ambasaderi w'u Rwanda muri Amerika yari yahinyuye videwo yatangajwe ku rubuga X n'ushyigikiye leta ya DRC iherekejwe n'ubutumwa buvuga ko yerekana abakorera leta y'u Rwanda bashakaga kwica Denise Tshisekedi.

Asiimwe yabigereranyije n'urwenya, ati: "... ni nde ujya 'kwica' ari mu modoka y'ambasade!"

Yongeyeho ati: "Murimo gukora uko mushoboye kose ngo muvugwe mu mitwe y'inkuru idafite akamaro.

"Hoteli ni ahantu hagendwa n'umuntu uwo ari we wese, keretse niba ari mwebwe mwenyine mwari mwasabye kuyibamo!"

DRC n'u Rwanda bizwiho guterana amagambo yo gushinjanya uruhare mu ntambara iri kuba mu burasirazuba bwa DRC.

Inzobere z'Umuryango w'Abibumbye, DRC n'ibihugu byinshi byo mu burengerazuba bw'isi bashinja u Rwanda gufasha umutwe w'inyeshyamba wa M23 urwanya ubutegetsi bwa DRC, mu kuwuha abasirikare, ibikoresho n'amategeko.

Leta y'u Rwanda ihakana gufasha M23, ikavuga ko yashyizeho "ingamba z'ubwirinzi", mu gihe ishinja leta ya DRC gukorana no gushyigikira umutwe w'inyeshyamba wa FDLR urwanya leta y'u Rwanda ukorera ku butaka DRC, ibyo DRC na yo ihakana.

Intambara mu burasirazuba bwa DRC yongeye kwaduka kuva mu mpera y'umwaka wa 2021 nubwo imaze imyaka hafi 30 ihagarara ikongera ikubura.

Umutwe wa M23 ugenzura ibice byinshi byo mu ntara ya Kivu ya Ruguru no mu ntara ya Kivu y'Epfo, birimo n'imijyi ya Goma na Bukavu.