Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

Iran yanze umugambi w'amahoro wa Amerika ivuga ko 'ukabije', inavuga ibyo isaba kugira intambara ihagarare

Itangazamakuru rya leta ya Irani, Press TV, rivuga ko Iran yanze igitekerezo cya Amerika kigamije kurangiza intambara iriho ubu, ivuga mu magambo y’ “umukozi mukuru ushinzwe umutekano wa politiki”

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Bernard Bankukira, Didier Bikorimana, Dinah Gahamanyi na Gisèle Berwa

  1. Irani yanze umugambi w'amahoro wa Amerika ivuga ko 'ukabije', inashyiraho amabwiriza atanu yo guhagarika intambara

    Itangazamakuru rya leta ya Irani, Press TV, rivuga ko Iran yanze igitekerezo cya Amerika kigamije kurangiza intambara, isubiramo amagambo y’ “umukozi mukuru ushinzwe umutekano na politiki”.

    Press TV ntabwo yavuze uwo muyobozi uwo ari we , cyangwa urwego rwe cyangwa izina rye, ariko uyu muyobozi avuga ati: "Irani izahagarika intambara niramuka ifashe icyemezo cyo kubikora kandi mu gihe ibyo isaba byubahirijwe."

    Abayobozi ba Irani bagiye bavuga kenshi ko bifuza ko intambara irangira burundu, atari uguhagarika imirwano gusa.

    Nk’uko byatangajwe na Press TV, uyu muyobozi yasobanuye ibisabwa bitanu, birimo:

    • Guhagarika burundu "ubugizi bwa nabi n'ubwicanyi" by'umwanzi
    • Gushyiraho uburyo bufatika bwo kwemeza ko intambara itongera gushozwa kuri Repubulika ya Kiyisilamu
    • Kwishyura indishyi n'ibindi byangijwe mu ntambara byemejwe kandi bisobanutse neza
    • Isozwa ry'intambara ku mpande zose no ku matsinda yose yirwanaho agize uruhare mu karere kose
    • Kwemerwa n'amahanga ku burenganzira bwa Irani bwo gukoresha ububasha ku muhora wa Hormuz

    Press TV ivuga ko Washington imaze igihe ikurikirana ibiganiro binyuze mu nzira zitandukanye za dipolomasi, ariko Tehran ibona ko ibyo bitekerezo "bikabije".

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Iran "irakurikiranira hafi" urujya n'uruza rw'ingabo za Amerika - umukuru w'Inteko nshingamategeko

    Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Irani, Mohammad Bagher Ghalibaf, yavuze ko Irani "irimo gukurikirana byimbitse urujya n'uruza rw'ingabo za Amerika mu karere, cyane cyane iyoherezwa ry’ingabo muri ako karere".

    Mu nyandiko yanditse ku mbuga nkoranyambaga, yongeyeho ati: “Ntimugerageze icyemezo cyacu cyo kurinda ubutaka bwacu.”

    Ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje ko Pentagone (Minisiteri y'ingabo ya Amerika) yitegura kohereza ingabo ibihumbi zo mu ishami rya 82 ry’ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati (82nd Airborne Division) . Iki gikorwa kizongera imbaraga za gisirikare za Amerika mu gihe Perezida Donald Trump azaba avuga ku masezerano ashobora kuzagirana na Tehran yo guhagarika intambara.

    Amakuru ataremezwa avuga ko ubutegetsi bwa Trump bufata Ghalibaf nk'umufatanyabikorwa wa politiki, ndetse wenda n'umuyobozi w'ejo hazaza wa Iran.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Ghana irasaba indishyi ku bucakara mu matora y’amateka ya UN

    Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ghana yavuze ko ubucakara ari "icyaha gikomeye cyane mu mateka y’abantu," ubwo yaganiraga na BBC mbere y’uko amatora y’amateka azabera ku cyicharo gikuru cy'Umuryango w’Abibumbye (UN).

    Ibihugu bigize uyu muryango bizatanga raporo ku cyemezo cyafashwe na Ghana cyemeza ko ubucuruzi bw’abacakara bukorwa n’ibihugu byo ku mpande zombi za Atalantika, cyane cyane Ubwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari "icyaha gikomeye cyane gikorerwa inyokomuntu."

    Ibyifuzo birasaba ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye gutekereza gusaba imbabazi ku bucuruzi bw’abacakara no gutanga umusanzu mu kigega cy’indishyi.

    Uyu mwanzuro ushobora kurwanywa, kuko ibihugu nk'Ubwongereza byanze kwishyura indishyi kuva kera, bivuga ko inzego z'ubutegetsi z'ubu zidashobora kubazwa amakosa yakozwe mu bihe byashize.

    Ariko, abashyigikiye ibi bitekerezo, harimo n'Umuryango w'Ubumwe bwa Afurika, bavuga ko ari intambwe igana ku butabera.

    Samuel Okudzeto Ablakwa, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ghana, yabwiye ikiganiro BBC Newsday ati : "Turasaba indishyi kandi reka tuvuge neza, abayobozi ba Afurika ntibasaba amafaranga yabo ubwabo."

    “Turashaka ubutabera ku bahohotewe no gushyigikira ibikorwa byabo, nko mu bijyanye n’uburezi, ubufasha buhoraho, n’ikigega cyo guhugura abantu ku bumenyi.”

    Ablakwa yavuze kandi ko, muri uyu mwanzuro, Ghana ntabwo iri kugereranya ububabare bwayo n'ubw'abandi, ahubwo irimo kwandika amakuru y'amateka gusa.

    Andi makuru ku bucakara, kanda hano:

  4. Kenya: Imirambo myinshi yiganjemo iy'impinja yavumbuwe mu mva rusange

    Imirambo igera kuri 32, yiganjemo iy'abana, yakuwe mu mva rusange iri mu mujyi wa Kericho mu burengerazuba bwa Kenya, mu gihe iperereza rikomeje kuri uku gutahurwa kwayo kumije benshi.

    Gutabururwa kw'iyi mirambo byakozwe nyuma y'uko polisi ibonye icyemezo cy'urukiko cyo kutabururwa kw'imirambo 14 byemezwagambere ko ari yo yashyinguwe aho hantu.

    Umuganga wa leta ushinzwe gusuzuma imirambo, Richard Njoroge, yabwiye abanyamakuru ku mugoroba wo ku wa kabiri ko ibyo basanze bidasanzwe, aho imirambo yari yarashyizwe "mu mifuka ikomeyecyane", nyuma y'icyo gikorwa cyakozwe umunsi wose cyaje guhagarikwa n'imvura nyinshi.

    Biteganyijwe ko isuzuma ry’iyi mirambo ritangira kuri uyu wagatatu, mu gihe hari abasaba ko hamenyekana byihuse ba nyir'iyo mirambo.

    Njoroge yavuze ko iyo mirambo irimo iy'"abantu bakuru barindwi n'abana 25", abana bakaba ari impinja n'abari bakiri mu nda ya nyina. Hari n'ibice byinshiby'imibiri byakuwe aho hantu.

    Yongeyeho ko imwe mu mirambo isa nkaho yaturutse mu bitaro no mu buruhukiro bw'imirambo ariko ko ibyo bizamenyekana nyuma yo gusuzuma imirambo.

    Yavuze ko ibisigazwa by’abantu bakuru byangiritse cyane, naho iby’abana bikaba byo bitarangiritse cyane, avuga ko ibyo byagaragaje ko bapfuye mu bihe bitandukanye.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Iran ivuga ko Amerika 'iri kwiganiriza ubwayo' nyuma yuko Trump avuze ko Tehran ishaka amasezerano 'cyane'

    Umuvugizi wa Khatam al-Anbiya muri Iran, ikigo nyamukuru gishinzwe ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Irani (atavuze izina ry'Amerika cyangwa rya Trump), yavuze ku “gihangange cyiyita umuyobozi w’isi”, avuga ati: “Ntimukwiye kwita gutsindwa kwanyu amasezerano.”

    Mu butumwa bw’amashusho bwasohowe n’ibitangazamakuru bya Iran uyu munsi, Ebrahim Zolfaghari yagize ati: “Ese urugero rw’amakimbirane mwifitemo rwageze aho mwiganiriza mwebwe ubwanyu?

    “Ntimuzongera kubona ishoramari ryanyu muri aka karere cyangwa ibiciro bisanzwe by’ingufu n’ibiva kuri peteroli, kugeza igihe muzamenya ko umutekano muri aka karere ushingiye ku mbaraga zikomeye z’ukuboko kw’ingabo zacu. Umutekano uboneka binyuze mu mbaraga.”

    Zolfaghari yongeyeho ko “umuntu nkatwe nta gihe na kimwe azigera yemera kumvikana n’umuntu nka mwe. Si none, kandi ntibizigera bibaho.”

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Abanya-Iran babwiye BBC icyo batekereza ku biganiro bishobora kuba byo kurangiza intambara

    Ishami rya BBC ritangaza amakuru mu rurimi rw’Igi-perse ryavuganye n’Abanya-Irani ku makuru avuguruzanya ajyanye n’ibiganiro hagati ya Irani n’Amerika.

    Benshi muri bo bagaragaje ko batizera ayo makuru.

    Umugabo umwe wo mu mujyi wa Karaj, umujyi uri hafi y’umurwa mukuru Tehran, yagize ati: “Sintekereza ko bazagirana ibiganiro.”

    “Nubwo intambara yahagarara, izongera itangire mu gihe runaka.” Yongeyeho ko Repubulika ya Kisilamu “ubu iri mu mwanya neza cyane [irashikamye]”.

    Umugore uri i Tehran na we ni ko abibona. Yagize ati: “Trump arimo kureba uko abona igihe cyo kugira ngo intambara ayishyire ku rundi rwego... Sintekereza ko azagirana amasezerano na bo.”

    Umugore uri mu kigero cy’imyaka 20 avuga ko icyo ashaka gusa ari uguhumbya, akongera kubumbura amaso asanga ibi byose byarangiye.

    Yagize ati: “Sinzi uko numva meze.” Yongeyeho ati: “Sinshaka no gutekereza ku bizakurikiraho.”

    Muri rusange Abanya-Irani ahanini ntibashobora gushyikirana n’abari banze y’icyo gihugu kubera ko ubutegetsi bwahagaritse umuyoboro wa internet.

    Izindi nkuru wasoma:

  7. Uburusiya bwateye Ukraine bukoresheje amadrone 948 mu masaha 24, igitero ca mbere kinini

    Uburusiya bwakoze igitero ca mbere kinini co mu kirere kuva butanguje iyi ntambara muri Ruhuhuma (2) 2022 kuri Ukraine mu masaha 24, aho bwakoresheje indege zitajamwo abadereva (drone) 948 mu gucucagira ibisasu ku bisagara bitari bike mu gihugu cose.

    Igisirikare ca Ukraine kirwanira mu kirere kivuga ko amadrone 556 yagomorewe kuri iki gihugu kuva isaha zitatu z’igitondo ejo ku wa kabiri, igitero cakozwe izuba riva - ibidakunze gushika kenshi - kigahitana abantu nibura batatu, gikomeretsa n’abandi batari bake.

    Uburusiya bwari bwaraye bukoze ikindi gitero ku ntara 11 za Ukraine bukoresheje amadrone 392 hamwe n’ibisasu vya misire 34, kigahitana abantu batanu, nk'uko Kyiv (ubutegetsi bwa Ukraine) ibivuga.

    Mu ntara ya Lviv iri mu burengero, ikigo c’abihebeye Imana bo mu muryango w’aba-Bernardine – iki kikaba kiri mu mutungo w’isi wa UNESCO hagati muri ico gisagara – carononekaye, nk’uko bivugwa n’abategetsi.

    Intara za Ivano-Frankivsk hamwe na Ternopil nazo nyene ziri mu burengero bwa Ukraine zaratewe, co kimwe no mu gisagara ca Vinnytsia kiri hagati mu gihugu.

    Mu butumwa bwiwe bwa videwo ku mugoroba w’ejo ku wa kabiri, Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yavuze ko ibi bitero vyo ku rugero nk’uru vyerekana neza ko Uburusiya ata “mugambi bufise wo guhagarika koko iyi ntambara”.

    Igisirikare c’Uburusiya ntaco kiratangaza ku mugaragaro kuri ibi bitero.

    Igisirikare ca Ukraine kirwanira mu kirere kivuga ko cashoboye gukorora amadrone y’Uburusiya hafi yose - ariko kikemera ko hari ibibanza vyashikiriwe n’ibisasu mu gihugu cose.

    Mu gihe mu myaka irenga ine y’iyi ntambara bisa nk’aho ata gace na kamwe ka Ukraine katari bwaterwe, uburengero bw’igihugu busa n’ubutasinzikaye ugereranije n’uturere twegereye urubibe iki gihugu gihana n’Uburusiya mu buseruko.

    Hagati aho, buramatari w’intara ya Kursk iri mu burengero bw’Uburusiya avuga ko umugabo umwe yishwe abandi 13 barakomereka mu gitero ca drone ca Ukraine ku kigo c’uburimyi.

    Ibiganiro bisanzwe bihagarariwe na Reta Zunze Ubumwe za Amerika mu ntumbero yo gushika ku mahoro biciye mu mwumvikano vyarahagaze kuva Amerika na Israel bitanguje intambara kuri Irani mu mpera z’ukwa kabiri uno mwaka.

    Ibindi vyinshi ku ntambara y'Uburusiya na Ukraine, fyonda hano:

  8. Umukuru w'ikigo BlackRock abona ko ibiva kuri peteroli nibigera ku $150 bizatera ihungabana ry'ubukungu bw'isi

    Niba igiciro cy’ibiva kuri peteroli kigeze ku madolari 150 ku kagunguru bizatera ihungabana ry’ubukungu bw'isi, nkuko umukuru w’ikigo gikomeye cy’imari cyo muri Amerika cyitwa BlackRock yabibwiye BBC.

    Larry Fink, uyobora icyo kigo kinini ku isi gicunga imari ishorwa (assets), yavuze ko niba Iran “ikomeje guteza inkeke [ikibazo]” kandi ibiciro by’ibiva kuri peteroli bikaguma biri hejuru, bizagira “ingaruka zikomeye cyane” ku bukungu bw’isi.

    Mu kiganiro kirambuye yagiranye na BBC yonyine, yanahakanye ko hariho ukwiyongera kwihuse no gukabiriza ishoramari mu ikoranabuhanga ry'ubwenge buhangano (AI bubble), nubwo yavuze ko iri koranabuhanga rishya rituma abantu benshi cyane bahitamo kujya muri za kaminuza aho gukora amahugurwa y’imyuga n’ubumenyi ngiro.

    Ikigo BlackRock ni igihangange mu by’imari, kikaba gicunga umutungo ufite agaciro ka tiriyari 14 z’amadolari y'Amerika, kandi ni kimwe mu bashoramari bakomeye mu masosiyete menshi manini ku isi.

    Ingano y’iki kigo n’uburyo gikwirakwiriye ku isi biha Fink – uri mu bantu umunani bashinze iki kigo cyatangiye mu 1988 – ubushobozi bwihariye bwo gusobanukirwa uko ubukungu bw’isi buhagaze.

    Intambara iri mu Burasirazuba bwo Hagati yatumye habaho ihindagurika rikomeye ku masoko y’imari, aho abantu bagerageza kumenya uko bizagendekera ibiciro by’ingufu.

    Kuri Fink, biracyari kare cyane kumenya neza ingano n’ingaruka nyazo z’iyo ntambara, ariko yemera ko hazabaho kimwe muri ibi bintu bibiri bitandukanye cyane.

    Muri kimwe, niba intambara irangiye kandi Iran ikongera kwemerwa n’amahanga, igiciro cy’ibiva kuri peteroli gishobora kongera kugabanuka kikagera munsi y’aho cyari kiri mbere y’intambara.

    Ariko niba atari uko bigenze, avuga ko hashobora kubaho “imyaka myinshi igiciro kiri hejuru y’amadolari 100, cyegera cyane 150 ku biva kuri peteroli, kikagira ingaruka zikomeye mu bukungu,” bikaba byanateza “ihungabana rishobora kuba rikomeye cyane ry’ubukungu.”

    Bamwe mu basesenguzi bavuze ko hari ibimenyetso bisa n’ibyabaye mbere y’ihungabana ry’ubukungu ryo mu 2007 kugeza mu2008 bigaragara ku masoko y’imari muri iki gihe.

    Izindi nkuru wasoma:

  9. Denise Tshisekedi: Leta ivuga ko hari abagerageje 'gucengera' muri hoteli acumbitsemo i Washington ariko ko 'ameze neza'

    Umuvugizi wa leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo avuga ko hari abantu bagerageje “gucengera muri hoteli” umugore wa perezida w’icyo gihugu acumbitsemo mu ruzinduko arimo i Washington ku butumire bwa mugenzi we wa perezida w’Amerika ariko ko “ameze neza”.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa kabiri cyanyuze kuri radio na televiziyo by'igihugu (RTNC), Patrick Muyaya yavuze ko bamenye amakuru y’abo bantu bataramenyekana, kandi ko leta ya DRC irimo gukorana bya hafi n’abategetsi b’Amerika bariyo ngo amakuru arambuye y’ibyabaye amenyekane.

    Muyaya ntiyavuze niba abo bantu barashoboye kwinjira mu cyumba Denise Tshisekedi acumbitsemo.

    Nta gihamya atanze, Muyaya yumvikanishije ko bishoboka ko hari uruhare leta y’u Rwanda yaba ibifitemo, avuga ko Kinshasa “yashenye neza neza umuvuno w’ikinyoma w’u Rwanda” mu zindi gahunda zigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa DRC.

    Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga X asubiza kuri videwo yatangajwe n'ushyigikiye leta ya DRC bivugwa ko yerekana abakorera leta y'u Rwanda bashakaga kwica Denise Tshisekedi, Arthur Asiimwe wungirije ambasaderi w'u Rwanda muri Amerika yabihinyuye abigereranya n'urwenya, ati: "... ni nde ujya 'kwica' ari mu modoka y'ambasade!"

    Yongeyeho ati: "Murimo gukora uko mushoboye kose ngo muvugwe mu mitwe y'inkuru idafite akamaro.

    "Hoteli ni ahantu hagendwa n'umuntu uwo ari we wese, keretse niba ari mwebwe mwenyine mwari mwasabye kuyibamo!"

    Inzobere z'Umuryango w'Abibumbye, DRC n'ibihugu byinshi byo mu burengerazuba bw'isi bashinja u Rwanda gufasha umutwe w'inyeshyamba wa M23 urwanya ubutegetsi bwa DRC, mu kuwuha abasirikare, ibikoresho n'amategeko.

    Leta y'u Rwanda ihakana gufasha M23, ikavuga ko yashyizeho "ingamba z'ubwirinzi".

    Denise Nyakeru Tshisekedi ari mu ruzinduko rurimo n’abandi bagore b’abaperezida barimo n’umugore wa perezida w’u Burundi, Angeline Ndayishimiye, ku butumire bwa Melania Trump.

    Izindi nkuru wasoma:

  10. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw’aka kanya.

Trending Now