DR Congo: Imfungwa 129 zapfuye mu 'kugerageza gutoroka gereza nkuru ya Makala' i Kinshasa

Ahavuye isanamu, Getty Images
Amashusho ateye ubwoba agaragaza imirambo myinshi irimo nâiyambaye ubusa, yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga nyuma yâuko ku wa mbere leta yari yavuze ko abantu babiri bapfuye mu gikorwa cyo kugerageza gucika gereza ya Makala yâi Kinshasa muri DR Congo.
Ubu minisitiri w'ubutegetsi yemeje ko abapfuye ari imfungwa 129.
Amashusho yakwiriye ku mbuga yerekana imfungwa zigendagenda hejuru yâimirambo myinshi zivuga amagambo yâakababaro, zinenga inzego zâumutekano kwica bagenzi babo bangana gutyo.
Ibyo byabaye nyuma yâuko mu gicuku cyo ku wa mbere muri gereza ya Makala humvikanye urusaku rwâamasasu.
Patrick Muyaya, umuvugizi wa leta, yahise atangaza ku rubuga X ko ari âigikorwa cyo kugerageza gucika gereza nkuru ya Makalaâ, yongeyeho ko inzego zâumutekano âzirahari ngo zigarure ituze nâumutekanoâ.
Nyuma, Me Samuel Mbemba ministiri wungirije wâubutabera yatangaje ko mu guhagarika uwo mugambi hapfuye imfungwa ebyiri.
Nyuma yâayo mashuho asa nâayafatiwe muri gereza yerekana imirambo, nâinama yâigitaraganya yâinzego zâumutekano nâabandi bategetsi mu murwa mukuru Kinshasa, minisitiri wâubutegetsi bwâigihugu Jacquemain Shabani Lukoo yatangaje ko abapfuye muri iyo gereza ari 129 barimo 24 bishwe nâamasasu.

Ahavuye isanamu, AFP
Shabani yavuze ko benshi mu bapfuye bazize âkubura umwukaâ nyuma yâumubyigano ukabije, kandi ko abandi 59 barimo kuvurwa ibikomere.
Shabani yavuze ko ahagana saa munani zâijoro ku wa mbere imfungwa zo muri iyo gereza zatwitse inzu yâubutegetsi ahabikwa amadosiye, ububiko bwâibiribwa, nâaho bavurirwa.
Umwe mu bakozi ba gereza yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko nta mfungwa yabashije gutoroka muri icyo gikorwa.
Reuters imusubiramo agira ati: âAbabigerageje barishweâ.
Gereza ya Makala ifite ubushobozi bwo kwakira imfungwa 1,500 ariko irimo abagera ku 12,000 biganjemo abategereje kuburanishwa, nkâuko bivugwa nâikigo Amnesty International muri raporo yayo iheruka kuri DR Congo.
Igikorwa cyo ku wa mbere kibukije gutoroka gereza ya Makala kwabaye mu 2017 aho abantu bitwaje intwaro bateye iyi gereza bigatuma abantu barenga 4,000 bari bafunze batoroka.













