U Rwanda rwamaganye ā€œamagambo rutwitsiā€ ya Ndayishimiye

Leta y’u Rwanda yatangaje ko yamaganye ā€œamagambo rutwitsi kandi atari aya kinyafurikaā€ ivuga ko Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yavugiye i Kinshasa muri DR Congo.

Mu kiganiro n’urubyiruko ku cyumweru i Kinshasa, Ndayishimiye yanenze abategetsi b’u Rwanda ko bafasha ā€œimitwe ihungabanya akarereā€.

Ndayishimiye yavuze kandi ko ā€œari ngombwa gukomeza urugamba kugeza abaturage b’u Rwanda nabo nyine batangiye kotsa igitutuā€, yongeraho ati: ā€œNdibaza ko n’urubyiruko rw’u Rwanda rudashobora kwemera kuba imfungwa mu karereā€.

Mu itangazo, Leta y’u Rwanda yavuze ko Perezida Ndayishimiye yavuze ā€œibirego byinshi bidafite ishingiro kandi rutwitsi bigamije gucanishamo Abanyarwanda bikanashyira mu kaga amahoro n’umutekano mu karere k’ibiyaga bigari.ā€

Leta y'u Rwanda ivuga ko ā€œbiteye ikibazoā€ kuba uwariwe wese yagerageza ā€œguhamagarira urubyiruko rw’u Rwanda guhirika letaā€, rikongeraho riti: ā€œAriko noneho kuba umuyobozi w’igihugu gituranyi ari we ukoze ibyo…ni ukutigengesera gukabije kandi ni ukunyuranya kugaragara n’ihame shingiro ry’ubumwe bwa Afurika.ā€

Ubutegetsi bwa Gitega bwongeye kureba nabi ubwa Kigali kuva mu mpera z’umwaka ushize aho bashinje u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Tabara wagabye igitero cyiciwemo abantu mu majyaruguru ashyira uburengarazuba bw’u Burundi.

Leta y’u Rwanda yavuze ko ntaho ihuriye n’icyo gitero. Leta y’u Burundi nyuma yafunze imipaka y’ubutaka ihana n’u Rwanda.

Inzobere za ONU zishinja igisirikare cy’u Burundi gufatanya mu buryo bunyuranye n’ubuzwi n’ingabo za DR Congo mu mirwano n'umutwe wa M23, izo nzobere kandi zishinja igisirikare cy’u Rwanda gufasha M23.

Mu gihe impande zombi zihakana ibi, abasesenguzi bamwe bavuga ko aho Gitega na Kigali bihagaze mu ntambara mu burasirazuba bwa Congo bishobora kuba ari imwe mu mpamvu z’uko ibintu byifashe ubu hagati y’u Burundi n’u Rwanda.

Leta y’u Rwanda yatangaje ko ā€œnta nyungu ifite mu guteza amakimbirane n’abaturanyiā€, kandi ko izakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa bo mu karere no hanze yako mu gushaka amahoro n’iterambere.